• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Abanyamakuru birukanwe mu nama y’aba Isilamu n’ubuyobozi bw’Intara y’amajyepfo

Umwanditsi
August 29, 2016

Mu nama ku kurinda umutekano, kurwanya ingengabitekerezo y’imyumvire y’ubutagondwa, ubuhezanguni n’iterabwoba, mu buryo budasobanutse abanyamakuru basohowe mu nama.

Kuri uyu wambere Taliki ya 29 Kanama 2016, mu Karere ka Nyanza habaye Inama yahuje ubuyobozi bw’intara y’amajyepfo, inzego z’ubuyobozi bw’uturere tugize iyi ntara, Polisi n’igisirikare hamwe n’abayobozi b’aba Isilamu bahagarariye abandi muri iyi ntara. abanyamakuru bari muri iyi nama, muburyo budasobanutse basohowemo ntibemererwa kuyikurikirana.

Mazimpaka Jean Claude, umujyanama wa Guverineri w’iyi ntara(nkuko yabibwiye intyoza.com) yavuze ko gusohora abanyamakuru muri iyi nama byakozwe mu buryo batashakaga ko abanyamakuru bayitabira ngo kuko ibyo bumvaga atari ngombwa ko abanyamakuru bumva ibi ibiganiro.

Mazimpaka, yavuze kandi ko ibyakozwe abanyamakuru bagasohorwa mu nama ngo ari icyemezo cyari cyumvikanyweho n’ubuyobozi bwa Isilamu bafatanije gutegura iyi nama.

Sheikh Hitimana Salim, Umuyobozi w’idini ya Isilamu mu Rwanda, ubwo yabazwaga n’intyoza.com ibyiri yirukanwa ry’abanyamakuru muri iyi nama, yabiteye utwatsi avuga ko ntabyo azi.

Sheikh Salim Hitimana yagize ati:” Njye ntabwo nashoboye kumenya iyo nkuru y’uko habaye ihezwa ry’itangazamakuru bityo, ubwo byangora kugira icyo mbivugaho”.

Bamwe muba Isilamu baganiriye n’intyoza.com nyuma y’iyi nama bakaba batashatse ko amazina yabo atangazwa, bayibwiye ko babonye abanyamakuru basohorwa bakibaza impamvu.

Amakuru amwe agera ku intyoza.com ahamya ko umuyobozi w’idini ya Isilamu mu ntara y’amajyepfo ari umwe mubagize uruhare mu ifatwa ry’iki cyemezo afatanije n’umujyanama wa Guverineri Mazimpaka Jean Claude.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga