• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umunyeshuri na mwarimu bari mu maboko ya Polisi

Umwanditsi
September 22, 2016

Nyuma y’ikiganiro mpaka (Debate) cyahuje impande ebyiri z’abanyeshuri mu kigo cy’amashuri cya Ecose Musambira, mwarimu n’umunyeshuri bafunzwe na Polisi.

Mu kiganiro mpaka cyahuje amatsinda abiri y’abanyeshuri Taliki ya 20 Nzeli 2016, mu kigo cy’ishuri rya Ecose Musambira byarangiye umunyeshuri umwe na mwarimu batabwa muri yombi na Polisi.

Ibi biganiro byari byateguwe n’umuryango witwa CARSA, byari byahujwe n’umunsi mpuzamahanga w’amahoro aho aba banyeshuri bakangurirwaga kwirinda amakimbirane, kumenya uko bayakumira ariko kandi baharanira kubaka umusingi ukomeye w’amahoro n’iterambere rirambye.

Mu kiganiro mpaka (Debate) cyahuje aba banyeshuri, insanganyamatsiko yari imwe ariko bayivuga kuburyo butandukanye. Baganiraga kumakimbirane bamwe bemeza ko amakimbirane ari meza abandi bagaragaza ko ari mabi.

Nyuma y’ikiganiro mpaka, mwarimu witwa Habiyaremye Noheli wo kukigo cy’amashuri cya Gihembe hamwe n’umunyeshuri witwa Uwayezu Fidele wiga ku kigo cy’isuri cya ESM( Ecole Secondaire de Musambira) bafashwe na Polisi barafungwa.

CIP Hakizimana Andre, umuvugizi wa polisi mu ntara y’amajyepfo, ku murongo wa Telefone ngendanwa yahamirije intyoza.com ko amakuru y’ifungwa ry’uyu mwarimu n’umunyeshuri ari impamo.

CIP Hakizimana, yabwiye intyoza.com ko ibyo aba banyeshuri na mwarimu bakoze barengereye, ko nubwo bari mu kiganiro mpaka batagombaga kuvuga cyangwa gusanisha amakimbirane na Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

CIP Hakizimana yagize ati:” Ntabwo bakagombye kuba baratanze urugero kuri Jenoside, urazi ko Jenoside ari icyaha ndengakamere, Jenoside yoretse imbaga y’abatutsi, y’abanyarwanda, ubwo rero ntushobora gutanga urugero wigisha abana ugaragaza ko Jenoside ari amakimbirane. Bagombaga gutanga ingero ziganisha kumakimbirane yubaka, aho buri wese yagira ishyari ryiza ryo kwigira kuwundi kuko hari icyiza yigejejeho”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga