• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Umwami wa Nyuma w’u Rwanda Kigeri V Ndahindurwa yatanze( Yitabye Imana)

Umwanditsi
October 16, 2016

Kigeri V Ndahindurwa umwami wa nyuma mu bami bategetse u Rwanda utaranamaze igihe ku ngoma ya Cyami ategeka yamaze kwitaba imana ( Gutanga) aho yabaga muri Amerika.

Amakuru agera ku Kinyamakuru intyoza.com, arahamya ko umwami w’u Rwanda Kigeri V Ndahindurwa wari warahungiye muri Amerika Yatanze(yitabye Imana) mu rukerera rwo kuri uyu wa 16 ukwakira 2016 nyuma y’uko yari amaze iminsi igera kuri itatu arwariye muri bimwe mu bitaro by’Amerika.

Kigeri V Ndahindurwa, niwe mwami wenyine mu bami u Rwanda rwagize wari ukiriho, atanze atabashije kugaruka mu Rwanda rwe nyuma y’uko aruhunze akajya kwibera muri Amerika aho yahoraga yifuza gutahuka nk’Umwami mu Rwanda rwe.

Kigeri V Ndahindurwa, akomoka kuri Yuhi V Musinga wa mubyaye kuwa 29 Kamena 1936 akamwita Jean Baptiste Ndahindurwa. Nyuma yo Gutanga (urupfu rwa se), umwami Yuhi V Musinga aho yaguye mu buhungiro nyuma yo guhirikwa ku ngoma n’ababiligi igafatwa na Mutara wa III Rudahigwa, Kigeri yari afite imyaka 8 gusa y’amavuko.

Mutara III Rudahigwa akimara gutanga mu buryo butunguranye, nibwo Jean Baptiste Ndahindurwa yahise yima Ingoma aba umwami w’u Rwanda ahabwa izina ry’ubwami rya Kigeri V Ndahindurwa. Yimye ingoma ku myaka 23 y’amavuko aho yaratarashaka.

Umwami Kigeri V Ndahindurwa mu buhungiro.
Umwami Kigeri V Ndahindurwa mu buhungiro.

Kigeri V Ndahindurwa, yimye ingoma kuwa 25 Nyakanga 1959 kugeza kuwa 28 Mutarama 1961 aho yakuwe ku ngoma ya cyami na kudeta yakozwe na Mbonyumutwa n’agatsiko ke kari kanagizwe n’abakoroni b’ababiligi bahengereye Umwami ari i Kinshasa aho yari agomba kubonana n’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye. Aha ni naho hahise hasezererwa ingoma ya yami maze hashyirwaho ubutegetsi bwiswe ubwa Repubulika.

Umwami Kigeri V Ndahindurwa, mbere yo kujya muri Amerika, yabanje guhungira muri Tanzaniya y’ubu mbere yitwaga Tanganyika, aza kujya kuba i Kampala ndetse aba na Nairobi muri Kenya mbere y’uko ahungira muri Amerika. Ageze muri Amerika yahawe ibyangombwa by’ubuhunzi nk’impunzi ya politiki mu 1992 nibwo yabihawe.

Kigeri V Ndahindurwa, atabarutse afite imyaka 80 y’amavuko, yari yarahakanye gushaka umugore inyuma y’igihugu cye ngo kuko byari ikizira ko umwami ashakira umugore imahanga, yari ingaragu, yabaga muri Amerika ariko akaba yahoraga yifuza kugaruka mu Rwanda rwe nk’Umwami.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter  

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga