• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi kuba hafi y’abana babarinda kurohama

Umwanditsi
January 18, 2017

Nyuma y’impanuka zo kurohama mu mazi zatwaye ubuzima bw’abana 5 ku munsi umwe kandi ahantu hatandukanye mu gihugu, ababyeyi n’abarezi b’abana barasabwa kuba maso.

Polisi y’u Rwanda iragira inama ababyeyi n’abandi bashinzwe kurera abana kubitaho no kubahozaho ijisho aho bari hose, cyane cyane igihe bari hafi y’imigezi, ibiyaga, ibidendezi by’amazi cyangwa muri za Pisine kugirango babarinde kurohama.

Ibi bivuzwe nyuma y’aho kuwa kabiri tariki ya 17 Mutarama, habaye impanuka 5 zo kurohama, aho abana 5 barohamye mu biyaga no mu bigega bifata amazi, enye muri izo mpanuka zikaba zarabereye mu ntara y’Uburasirazuba.

Mu karere ka Kayonza, umwana w’imyaka 8 yarohamye mu kigega gifata amazi kizwi nka “Valley Dam” ahita apfa, mu gihe undi w’imyaka 11 wo mu karere ka Rwamagana yarohamye mu ruzi rw’Akagera nawe agahita yitaba Imana.

Muri iyo ntara y’Uburasirazuba kandi mu karere ka Gatsibo harohamye abana 2, harimo uw’imyaka 16 warohamye mu kigega gifata amazi agapfa, naho undi w’imyaka 18  arohama mu kiyaga cya Muhazi nawe arapfa ubwo yari ari koga.

Ahandi habereye impanuka yo kurohama mu mazi ni mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Burera, aho umwana w’imyaka 12 yarohamye mu kiyaga cya Burera nawe agahita yitaba Imana.

Avuga kuri izi mpanuka, umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Uburasirazuba Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi, yasabye ababyeyi n’abashinzwe kurera abana kubahozaho ijisho cyane cyane igihe begereye amazi ashobora kubateza impanuka, kugirango babarinde kurohama.

Yavuze ati:”Kurohama ntibisaba iminota myinshi, umwana uguye mu mazi ashobora kumara amasegonda atageze kuri 20 akaba yibiye hasi mu mazi, uko amara igihe muri ayo mazi akaba ariko ubwonko bwe bwangirika bikaba byanamuviramo n’urupfu”.

Yanagiriye inama abantu bakuru kuba hafi y’abana bato mu rwego rwo kubarinda impanuka, anavuga ko no kubigisha ku mutekano n’amabwiriza akoreshwa n’abantu baturiye amazi ko nabyo ari ingenzi mu kubarinda impanuka ziterwa n’amazi.

IP Kayigi yakomeje avuga ati:”Turasaba ababyeyi n’abarezi b’abana kubarinda izi mpanuka, kuko hari abana batakaza ubuzima kuko ababyeyi babo cyangwa abashinzwe kubarera baba bahugiye mu mirimo itandukanye cyangwa ntibabiteho mu gihe bari kumwe nabo, kimwe n’uko usanga hari ababatuma kujya kuvoma mu migezi bakagwamo”.

Yagiriye inama ababyeyi n’abandi barera abana cyane cyane abaturiye ibiyaga n’imigezi cyangwa ibigega bifata amazi kubahozaho ijisho kugirango babarinde kurohama. Yavuze kandi ko abana badakwiye kujya ku migezi n’ibiyaga bonyine, ahubwo byaba ngombwa ko bajyayo nko gutembera, bakajyana n’abantu bakuru hagamijwe kurinda ko hagira umwana uhatakariza ubuzima.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga