• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umukozi wo murugo kwa mwalimu yatwitswe mu gisa nko kumwihimuraho

Umwanditsi
January 19, 2017

Umukozi wo murugo witwa Nirere Colette, mu murenge wa Rugarika mu kagari ka Sheri umudugudu wa Gatovu yatwitswe n’abo murugo akoramo bakoresheje amazi ashyushye basa nk’abamwihimuraho, bashatse gutoroka batabwa muri yombi.

Amakuru agera ku intyoza.com aremeza ko murugo rwa Nsanzamahoro Ephrem n’umugore we w’umwarimu, umukozi wo murugo rwabo witwa Nirere Colette yatwitswe na mushiki w’uyu mugabo bakamubika munzu aho byamenyekanye kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mutarama 2017 ahagana saa yine z’amanywa.

Nkuko umwe mu bakozi muri uyu murenge wa Rugarika yabitangarije intyoza.com kuko umuyobozi w’umurenge adahari, avuga ko ibyabaye babifata nko kwihimura nyuma y’uko umwana wo muri uru rugo atwitswe n’igikoma akaza kujyanwa kwa muganga nyuma agapfa.

Yagiriwe nabi atwikishwa amazi ashyushye nabo yakoreraga murugo.

Ibi ngo byakozwe na mushiki w’umugabo witwa Niyigena Irene. Umubyeyi w’uyu mwana wapfuye ngo ubwo yari mu itorero rw’abalimu nibwo umwana we yahiye atwitswe n’igikoma, nyuma yuko umwana amaze gupfa bakamushyingura, mushiki w’umugabo yashyuhije amazi ayamena ku mukozi aramutwika mu rwego rwo kumwihimuraho maze bamubika munzu barafunga bose baraceceka.

CIP Andre Hakizimana, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’amajyepfo yahamirije intyoza.com amakuru y’iki gikorwa kigayitse  cyakorewe uyu mukozi wo murugo. avuga ko bimaze iminsi itatu bibaye, ko kugira ngo bimenyekane byaturutse ku kuba umukozi aho yari afungiranye kubera ububabare bukabije afite yatatse atabaza.

CIP Hakizimana, yatangarije intyoza.com ko ubu abakekwaho iki gikorwa barimo nyirurugo (Umugabo), mushiki we hamwe n’umuganga bari bahamagaye ngo avurire uyu mukozi murugo batawe muri yombi na polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi, ubwo twavuganaga yavugaga ko barimo berekezwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda. Umwana w’umukozi watwitswe we ubu arwariye mu bitaro bya Remera Rukoma. gusa amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko umugore wo muri uru rugo ari nawe mwarimu ataratabwa muri yombi.

CIP Andre Hakizimana, yatangarije intyoza.com ko bitemewe na busa kwihanira, asaba abaturage kujya batanga amakuru ku nzego za Polisi n’izindi zibegereye mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha. avuga kandi ko ihohoterwa iryo ariryo ryose ritemewe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. rucogoza says:
    January 21, 2017 at 4:38 am

    Bantu mufite umutima nkuyu wa kinyamaswa ntabwo ibyo mukora aribyo, aho igihugu cyacu kigeze biteye isoni n’agahinda kubona hari abagitinyuka ibikorwa nkibi. itegeko nshinga rivugako umuntu ari umunyagitinyiro kd atagomba kubabazwa mu mutwe cg ku mubiri, none byose mwabirenzeho. bazabahane by’intangarugero kugirango bibhe isomo abandi, kandi uyu watwitswe yihangane azakira.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga