• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Bakijijwe akarengane ko gusoreshwa amatungo yabo bajyanaga mu isoko

Umwanditsi
March 13, 2017

Abaturage barema amasoko atandukanye mu karere ka Kamonyi, guhera none tariki ya 13 Werurwe 2017 bakuriweho icyo bitaga akarengane bagirirwaga n’ababasoreshaga amatungo yabo bavanye murugo bagiye kuyagurisha ku isoko.

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’akarere, ubuyobozi bwa Ngali ari nayo ifite isoko ryo gukusanya imisoro itandukanye mu karere ka Kamonyi, hamwe n’abaturage mu isoko rya Gashyushya ho mu murenge wa Gacurabwenge, haciwe iteka ryo kutongera gusoresha umuturage itungo rye azanye kugurisha agira ngo ashake amafaranga yo kwikenuza.

Ikibazo cyo gusoreshwa kw’amatungo ndetse n’imyaka abaturage bakuye mu ngo iwabo bageze ku isoko aho baba bashaka amafaranga yo kwikenuza, kimaze iminsi kivugwa ndetse abaturage basaba ko bavanirwaho icyo bise akarengane ariko ugasanga nta gisubizo, ubu barashima ko bibutswe bagakurirwaho ibyababangamiraga.

Umunsi wageze aho ubuyobozi bw’akarere hamwe na Ngali ishinzwe ibyo gusoresha mu karere ka Kamonyi bagiranye inama n’abaturage bakababwira ko nta muturage uzongera gusoreshwa itungo rye mu gihe arizanye ku isoko, ko ikizajya gikorwa ari ugusoresha uguze nawe akishyura mu gihe asohokanye itungo aguze. Ibi kandi bijyana n’uko umuturage uzajya azana itungo rye ku isoko akabura umuguzi azajya arisohokana ntacyo abajijwe kijyanye n’imisoro.

Ugiribambe, Umwe mu baturage nyuma yo gukurirwaho gusoreshwa amatungo, n’ibyishimo byinshi yagize ati:” wazaga ugasora magana atanu mbere ko winjiza itungo mu isoko, n’uguze agasohoka asoze magana atanu, akarengane kariho ni uko ihene yinjiraga igasora n’uyiguze yasohoka agasora ndetse n’uwayizanye yaburaga umuguzi bakamwishyuza kandi asubiranyeyo itungo rye.”

Ruhashya Emmanuel, umuhuzabikorwa wa Ngali mu ntara y’amajyepfo yabwiye intyoza.com ko nta muturage uzongera gusoreshwa itungo rye arizanye mu isoko. Yagize ati:”Uhereye uyu munsi tariki 13 werurwe 2017 ari mu isoko rya Gashyushya, ari irya Musambira cyangwa Mugina abaturage bose bazajya basoreshwa basohotse mu isoko kandi hasoreshwe uwaguze itungo, uwazanye itungo ntabone umuguzi ntazajya asoreshwa.”

Tuyizere Thadee, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yabwiye intyoza.com ati:” ikibazo kimaze iminsi kivugwa, twaje kuganira n’abaturage, kubabwira ko umuturage wazanye itungo n’uwazanye imyaka ye adasoreshwa, hasoreshwa uwabiguze gusa.”

Mu gihe abaturage bo mu karere ka Kamonyi bashima ko bakijijwe akarengane ko gusoreshwa amatungo hamwe n’imyaka yabo bajyanaga ku isoko, abarema isoko ry’ahitwa mu Misizi ho mu karere ka Muhanga bararira ayo kwarika ngo kuko uretse no kuba basoreshwa imyaka n’amatungo bajyanye ku isoko ngo hari n’ubwo bakubitwa cyangwa se ubuze umusoro itungo rye rigafatirwa kandi ataranagurisha.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga