• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Abakandida 2 mu bagejeje ibyangombwa muri NEC bemejwe by’agateganyo

Umwanditsi
June 27, 2017

Paul Kagame, umukandida watanzwe na RPF-Inkotanyi hamwe na Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (The Democratic Green Party of Rwanda) nibo bonyine bemejwe by’agateganyo mu bahatanira intebe y’umukuru w’Igihugu.

Paul Kagame, umukandida w’umuryango RPF-Inkotanyi akaba ari nawe Perezida w’u Rwanda, kandidatire ye yemejwe by’agateganyo na Komisiyo y’Igihugu y’amatora ko ari mu bagomba guhatanira kuyobora u Rwanda mu matora ateganijwe muri Kanama 2017. Dr Frank Habineza w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (The Democratic Green Party of Rwanda) nawe ni uwa kabiri wemejwe by’agateganyo n’iyi Komisiyo, mu gihe abandi bose basigaye kuzareba iyemezwa ntakuka ry’abakandida niba bazaba bujuje ibisabwa cyangwa se bemejwe.

Mu batanze Kandidatire batemewe by’agateganyo n’iyi Komosiyo y’amatora barimo; Diane Rwigara( umukandida wigenga), Philippe Mpayimana (umukandida wigenga), Mwenedata Gilbert( Umukandida wigenga) hamwe na Barafinda Sekikubo Fred nawe wigenga.

Diane Rwigara hamwe na Philippe Mpayimana, ni bamwe mu bari batangaje ko ibyangombwa basabwaga na komisiyo byari byuzuye nyamara mu isuzuma ry’ibyangombwa batanze ngo byagaragaye ko hari ibituzuye birimo nko kuba hari bamwe mu babasinyiye batabarizwa mu turere bagomba kuba babarizwamo hamwe n’utundi tuntu duke ngo tudakanganye.

Gutangaza burundu cyangwa se bidasubirwaho abakandida bazaba bemejwe na Komisiyo y’igihugu y’amatora ko aribo bagomba kuzahatanira intebe y’umukuru w’Igihugu bizakorwa tariki 7 Nyakanga 2017 mu gihe abatanze kandidatire zifite ibyo zibura bahawe iminsi itanu ngo babe babyujuje.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga