• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Dr Frank Habineza, yatunguwe cyane n’inzego zibanze

Umwanditsi
July 9, 2017

Umukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza avuga ko kugera yemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’amatora yatunguwe n’imyitwarire y’Inzego z’ibanze, avuga kandi ko kwiyamamariza kuyobora u Rwanda ari igitekerezo amaranye igihe.

Dr Frank Habineza, umukandida uhagarariye ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (The Democratic Green Party of Rwanda) mu matora ateganijwe tariki 3 n’iya 4 Kanama 2017, yatangarije intyoza.com ko yatunguwe cyane n’imyitwarire y’inzego zibanze.

Yagize ati:” Muri ibi bihe, Natunguwe no kubona mu nzego zibanze abayobozi batarumva neza ko nandi mashyaka yemerewe gushaka abayoboke.” Ibi bisa n’inenge Dr Habineza abona mu nzego zibanze ntabwo bimuca intege kuko ahubwo ngo abona noneho ko ashobora gutsinda amatora nyuma yo kwemezwa na NEC.

Dr Frank Habineza agira ati:” Nyuma yo kwemezwa na NEC nk’umukandida ugomba guhatanira kuyobora u Rwanda binyuze mu matora y’umukuru w’Igihugu, ubu tubona ko bishoboka ko twatsinda tukageza Vison yacu nziza ku banyarwanda, tuzatsinda, ibyo tumaze igihe tubivuga.”

Dr Frank Habineza, avuga ko intambwe yo kugera aho ashyirwa ku rutonde rw’abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda atari igitekerezo cya none, ko kuva muri 2003 yabitekereje ariko ntibikunde, 2010 nabwo ngo nti byakunze ariko noneho ngo igihe ni iki.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ateganijwe kuba tariki 3 n’iya 4 Kanama 2017 aho abakandida bazahatanira kuyobora u Rwanda ari batatu;  Perezida Paul Kagame usanzwe uyoboye u Rwanda akaba anahagarariye umuryango RPF-Inkotanyi, Dr Frank habineza uhagarariye Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda hamwe na Mpayimana Philipe umukandida wigenga.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Natacha says:
    July 10, 2017 at 11:17 am

    Frank we uravuze ngo uzatsinda umaze igihe ibitekereza??? Jye rero reka nkubwire: “Kwiterefona” biremewe, “Kwikirigita ugaseka” biremewe. Nanjye mbere nari nzi ko nzasimbura Condoleza Rice, none ubu navuye I Kanombe nimukira Kicukiro. Nawe rero ubwo nuko nta kindi ufite ukora; nukibona uzareka gukora ubusa, uve mu Kwikirigita no kwiterefona.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga