• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Diane Rwigara n’Umuryango we baraye basubijwe murugo na Polisi

Umwanditsi
September 5, 2017

Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda yinjiye ku ngufu mu rugo rwa Rwigara igatwara Diane Rwigara, Nyina umubyara hamwe n’umuvandimwe we ngo bajye kwitaba ku bugenzacyaha, baherekejwe basubizwa murugo rwabo nyuma yo kubazwa.

Diane Rwigara, Murumunawe Anne Rwigara hamwe na Nyina ubabyara nyuma yo gutwarwa ku ngufu na polisi y’u Rwanda ibakuye murugo rwabo ikaberekeza ku biro by’ubugenzacyaha ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 4 Nzeli 2017, Polisi itangaza ko nyuma yo kubazwa icyo bashakirwaga baherekejwe bagasubizwa murugo amahoro.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 4 Nzeli 2017 nibwo itsinda ry’abapolisi ryinjiye ku ngufu mu rugo rwa Rwigara Assinapol, mu kwinjira ku ngufu basanze ab’uyu muryango indani maze batwara Diane Rwigara, murumuna we Anne Rwigara hamwe na Adeline Rwigara ( Mama wabo), batwawe ku biro by’ubugenzacyaha ku kacyiru barabazwa.

Polisi y’u Rwanda, itangaza ko nyuma yo gutwara uyu muryango ku ngufu ukajyanwa kubazwa kuko ngo wari wanze kwitaba ku neza, ubwo ngo bamaraga kubazwa basubijwe mu modoka baherekezwa na Polisi basubizwa murugo rwabo nkuko itangazo ryasohowe na Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 5 Nzeli 2017 ribivuga.

Itangazo Polisi y’u Rwanda yasohoye muri iki gitondo, irinyujije kuri twitter yayo.

Polisi y’u Rwanda, itangaza kandi ko uyu muryango utafashwe cyangwa se ngo utabwe muri yombi nkuko byagiye byumvikana mu bitangazamakuru bitandukanye, icyabaye ngo ni ukuwutwara ukajyanwa kwitaba ubugenzacyaha nubwo ngo byabaye ku ngufu kuko ngo bari banze kwitaba ku neza.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga