• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Umucamanza wo murukiko rw’Ikirenga yasabiwe kwirukanwa

Umwanditsi
September 14, 2017

David Maraga, umukuru w’urukiko rw’ikirenga mu gihugu cya Kenya yasabiwe n’umudepide mu nteko ishinga amategeko kwirukanwa mu mirimo ye bivuye ku cyemezo cyo gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu.

Amatora y’umukuru w’Igihugu cya Kenya, byemejwe mu buryo budasubirwaho n’urukiko rw’ikirenga ko agomba gusubirwamo nyuma y’aho rwemeje ko yabaye mu buryo butubahirije amategeko n’amabwiriza agenga amatora muri iki gihugu.

David Maraga, niwe Perezida w’urukiko rw’ikirenga rw’Igihugu cya Kenya, ashinjwa we na bagenzi be gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu cya Kenya aho yari yatsinzwe na Uhuru Kenyatta. Ibyakozwe n’aba bacamanza byafashwe nko guhirika ubutegetsi.

Depite Ngunjiri Wambugu, ari mu nteko ishinga amategeko y’Igihugu cya Kenya, aturuka mu ishyaka rya Uhuru Kenyatta ari naryo riri ku butegetsi. Ashinja uyu Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, bwana David Maraga kwitwara nabi mu gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ibyo yise “Guhirika Ubutegetsi yitwaje Amategeko.”

Wambugu, intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko ya Kenya, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, asaba ko akanama gashinzwe kugenzura abacamanza kakurikirana imyitwarire ya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga bwana Maraga ndetse akanamusabira kwirukanwa.

Urukiko rw’Ikirengwa rwa Kenya, rutitaye ku kuba Perezida Kenyatta usanzwe uri kubutegetsi ariwe wari watsinze amatora, rwafashe icyemezo cyo kuyatesha agaciro ndetse rutegeka ko agomba gusubirwamo mu kwezi gutaha kw’Ukwakira 2017. Iki cyemezo cyo gutesha agaciro ibyavuye mu matora cyaje gishimisha Raila Odinga wari wahanganiye na Kenyatta mu matora ariko agatsindwa ndetse akaza gusaba ko ibyayavuyemo biteshwa agaciro ngo kuko yibwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga