• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyanza-Nyagisozi:Inka 2 n’intama 3 z’umuturage zari zifunzwe zarekuwe

Umwanditsi
October 28, 2017

Hifashishijwe abana ndetse n’umu DASSO, inka ebyiri n’intama eshatu z’umuturage witwa Ladislas Hakizimana zari zimaze igihe zifungiye ku biro by’Umurenge wa Nyagisozi zarekuwe zijyanwa iwe atabizi ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 27 Ukwakira 2017.

Ahagana ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 27 Ukwakira 2017 nibwo Inka ebyiri n’intama eshatu z’ umugabo witwa Ladislas Hakizimana zari zimaze igihe zifungiye ku biro by’Umurenge wa Nyagisozi zarekuwe zisubizwa iwe atabizi, zari zishorewe n’utwana bafashe mu muhanda duherekejwe na DASSO(zivanwa ku murenge).

Irekurwa ry’izi Nka ndetse n’intama rije nyuma y’aho amakuru agera ku intyoza.com ndetse no mu ibaruwa( dufitiye kopi) ubuyobozi bw’umurenge bwandikiye akarere ka Nyanza igasinywaho na Adimini w’umurenge bigaragara ko yari yasabiwe gutezwa icyamunara ku mpamvu z’uko ngo nyirayo yari yanze kuza kuyatwara no kwishyura amande bivugwa ko arebana n’amatungo afatiwe ku gasozi. Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko umwe mu bakozi b’akarere ka Nyanza yagiriye ubuyobozi bw’umurenge inama yo kutihutira guteza icyamunara amatungo y’umuturage.

Aha, inka zari zishorewe zivanwa ku murenge zerekezwa kwa nyirazo.

Anastase Harerimana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gahunga yabwiye intyoza.com ko ubwo bagezaga izi nka n’intama murugo kwa Ladislas Hakizimana batamusanze murugo, yavuze ko mubo bahasanze barimo umugore we banze gusinyira ko bazakiriye.

Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage bitabajwe ngo bazabe abahamya bo kuvuga ko inka zagaruwe murugo, babwiye intyoza.com ko Ladislas Hakizimana ndetse n’umugore we batari murugo, bavuga ko bakoreshejwe inama bakerekwa inka ebyiri n’intama 3 zigaruwe murugo.

Intama 3 zafunganywe n’inka.

Hakizimana Ladislas, amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko yahunze urugo rwe kubera kugirana ibibazo n’ubuyobozi. Iby’iri hunga rye byemezwa kandi na Gitifu w’aka kagari bwana Harerimana mu kiganiro yahaye ikinyamakuru intyoza.com

Yagize ati ” Ntawari uhari kubera kiriya kibazo, amaze iminsi adahari, yaragiye nyine turamubura igihe cyose inka zimaze hariya ku murenge.”

Aha intyoza.com yari isanze izi nka aho zari zifungiye inyuma y’umurenge wa Nyagisozi.

Igikorwa cyo gusubiza inka n’intama murugo rwa Hakizimana Ladislas nubwo nta muntu wo mu muryango we wabisinyiye, abazigejeje murugo bari barangajwe imbere na Gitifu  w’Akagari ka Gahunga arikumwe n’Umukuru w’umudugudu na DASSO  wari waje azishoreye zivanywe aho zari zifungiye ku murenge wa Nyagisozi. Bari kumwe kandi n’abaturage ba hafi bahamagaje ngo baze barebe ko zisubizwa murugo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga