• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Inzego z’ubuyobozi n’abaturage bakoze urugendo rwamagana ihohoterwa rishingiye kugitsina

Umwanditsi
November 24, 2017

Mu gihugu hirya no hino, hatangijwe igikorwa cy’iminsi 16 yahariwe ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye kugitsina, abayobozi mu nzego zitandukanye barimo ubuyobozi bw’Akarere, bifatanije n’abaturage mu rugendo rwamagana iri hohoterwa. Nyuma y’urugendo hatanzwe ubutumwa.

Umuyobozi mushya w’Akarere ka Kamonyi uherutse gutorwa, Madamu Alice Kayitesi ari kumwe n’abo bayoborana akarere, abakozi batandukanye, inzego z’umutekano hamwe n’abaturage, bakoze urugendo mu murenge wa karama rugamije gutangiza iminsi 16 yahariwe kuzirikana no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa.

Urugendo rutangiza iminsi 16 yahariwe kurwanya iri hohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, rwatangiriye mu isantere y’ubucuruzi ya Karama ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24 Ugushyingo 2017 rusorezwa ahubatse isoko ari naho abitabiriye uru rugendo bose baherewe ubutumwa bw’umunsi.

Abayobozi n’Abaturage mu rugendo rwamagana ihohoterwa rikorerwa abagore n’Abakobwa.

Mu butumwa bwahawe abitabiriye uru rugendo, yaba Umuyobozi w’Akarere Madamu Alice Kayitesi, yaba Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, bahurije ku gusaba abaturage gufatanya bivuye inyuma kurwanya iri hohoterwa, kugira uruhare mu kuryamagana no kirikumira by’umwihariko batanga amakuru yafasha.

Mu butumwa bwatanze, hihanangirijwe kandi abasambanya abana hamwe n’ababateye inda. Babwiwe ko ibikorwa bibi bakoze bihanwa n’amategeko, ko ndetse bagiye kubikurikiranwaho kimwe n’undi wese uzahirahira cyangwa akabifatirwamo, ko azashyikirizwa ubutabera maze amategeko akamukanira urumukwiye.

Umuyobozi wa Polisi muri Kamonyi, yatangaga ubutumwa.

Muri ibi biganiro kandi, hongeye kugawa cyane Ababyeyi n’abandi bafite abana mu nshingano zako, bibukijwe ndatse babwirwa ko bagomba gufatanya kurinda umwana imirimo ivunanye, kumurinda gukoreshwa mubirombe by’amabuye y’agaciro, mutubari, Resitora n’ahandi. Babwiwe ko uzafatwa ashora abana mu mirimo ivunanye azabihanirwa.

Iyi minsi 16 yahariwe kuzirikana no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ni iminsi ngaruka mwaka yizihizwa ku rwego rw’isi yose aho itangira tariki 25 Ugushyingo ikageza tariki 10 Ukuboza. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka wa 2017 igira iti” Rwanya Ihohoterwa rigirirwa Abagore n’Abakobwa, Wirihishira.”

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. BUTOYA says:
    November 27, 2017 at 11:33 am

    Dushimiye ubuyobozi bw’akarere na polisi y’u Rwanda mu gikorwa kiza bagize cyo kwegera abaturage bakongera kubibutsa ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, abaturage natwe tugomba kuba ijisho rya bagenzi bacu nkuko polisi ihora ibidukangurira, uwo tubonye wese uhohotera undi ndetse n’ibindi byaha tugatangira amakuru ku gihe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga