• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Impinduka zitunguranye muri ba Gitifu b’Imirenge 5

Umwanditsi
December 12, 2017

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge itanu mu karere ka Kamonyi bamaze guhindurirwa imirenge bari basanzwe bayobora(Mutation). Izi mpinduka zabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 ukuboza, zije zitunguranye.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa bo mu mirenge itanu muri 12 igize akarere ka Kamonyi bahinduriwe imirenge bayoboraga(Mutation). Izi mpinduka zije zitunguranye nubwo zari zarigeze kuvugwa ariko zigasubikwa mu buryo nabwo bwasaga nk’ubutunguranye, dore ko icyo gihe benshi muri aba bari biteguye ko bagiye kwimurwa aho bakoreraga.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi ku murongo wa terefone ngendanwa yahamirije umunyamakuru w’intyoza.com ko aya makuru y’izi mpinduka ari impamo. Ko abagitifu bahinduriwe aho bakoraga( bahawe Mutation) ari uw’Umurenge wa Runda, Gacurabwenge, Rugarika, Karama na Ngamba.

Yagize ati ” Bagitifu b’Imirenge twabimuye. Uwa Runda, Madamu Nyirandayisabye Christine yagiye Gacurabwenge. Uwari Gacurabwenge, Umugiraneza Marthe yagiye Rugarika. Uwari Rugarika, bwana Nsengiyumva Celestin yagiye i Karama. Uwa Karama, bwana Niyobuhungiro Obed arajya i Ngamba. Uwari i Ngamba, bwana Mwizerwa Lafiki araza i Runda.” Akomeza avuga ko impinduka zabaye ari izi nta zindi.

Impinduka zikozwe muri aba ba Gitifu b’Imirenge, zari zaravuzwe ko zagombaga gukorwa mu gihe habaga ibibazo byo kwirukana( byavuzwe n’ubuyobozi ko basezeye ku mpamvu zabo bwite) no guhindura bamwe mu banyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari ubwo havugwaga imyubakire y’akajagari yateje ibibazo bitari bike. Benshi muri aba bagifitu bari biteguye kwimurwa icyo gihe ariko bisubikwa mu buryo bwaje butunguranye. Nyuma y’izi mpinduka, biravugwa ko haba hatahiwe Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari.

Reba uko Imirenge itanu yahinduranyirijwe aba Gitifu:

Gacurabwenge?Rugarika

Rugarika?karama

Karama?Ngamba

Ngamba?Runda

Runda?Gacurabwenge

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga