• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Radiyo Ubuntu butangaje(Amazing Grace) yahagaritswe kumvikana ku hutaka bw’u Rwanda ukwezi kose

Umwanditsi
February 21, 2018

Ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro-Rura, cyahagaritse Radiyo ubuntu butangaje igihe cy’iminsi 30 itumvikana ku butaka bw’u Rwanda. Iki gihano kiriyongeraho ihazabu yaciwe ingana n’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni ebyiri.

Ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro -RURA, kuri uyu wa gatatu tariki 21 Gashyantare cyasohoye itangazo rihagarika mu gihe cy’iminsi 30 Amazing Grace Christian Radio kutongera kumvikana ku butaka bw’u Rwanda. RURA yasabye kandi iyi Radiyo kwishyura ihazabu ya Miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

Radiyo Amazing Grace, yahawe igihe cy’iminsi 15 cyo kuba imaze kwishyura iyi hazabu ya Miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda kuri Konti ya RURA iri muri banki nkuru y’u Rwanda. RURA yasabye ko kandi iyi Radiyo itambutsa ikiganiro ku murongo wayo isaba imbabazi abanyarwanda ku bw’ikiganiro cyatambutse kuri iyi Radiyo gitanzwe na Niyibikora Nicolas aho yibasiye bikomeye Abagore, ari nayo ntandaro yo gutegeka iyi Radiyo gufunga.

Iby’iki kiganiro gisaba imbabazi, Amazing Grace Christian Radio yahawe kuba yabikoze mu gihe cy’amasaha 12 ubundi ikishyiriraho ingufuri mu gihe kingana n’iminsi 30 yahawe. Ibi byose bigomba gutangira kubahirizwa uhereye igihe ubuyobozi bwa Amazing Grace Christian Radio buboneye itangazo rihagarika Radiyo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. cedrick says:
    March 11, 2018 at 2:06 pm

    nonese Pr. nicolas we ntabwo yigeze akurikiranywa n’inzego zibishinzwe ngo abe yatabwa muri yombi?
    cg we byarangiriye hariya

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga