• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Burera: Imodoka yafatiwemo imifuka 18 y’ibiyobyabwenge

Umwanditsi
April 6, 2019

Kuri uyu wa 3 Mata 2019, Polisi ikorera mu karere ka Burera umurenge wa Kinoni ku makuru yatanzwe n’abaturage yafashe imodoka Toyata Hilux RAC746D yari ipakiye ibiyobyabwenge bigizwe n’inzoga zitemewe zo mu bwoko bwa Blue Sky.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko nyuma yoguhabwa amakuru n’abaturage ko hari imodoka ipakiye ibiyobyabwenge Polisi yahise igenzura imodoka zose zavaga Burera zerekeza mu karere ka Musanze.

Yagize ati “Abaturage bamenyesheje inzego z’umutekano ko babonye imodoka ipakiye ibiyobyabwenge Polisi igendeye kuri aya makuru ibasha gufata iyi modoka ipakiye imifuka 18 igizwe n’amaduzeni 900 y’inzoga zitemewe zo mu bwoko bwa blue sky.

CIP Rugigana akomeza avuga ko nta kiza umuntu akura mu gukoresha ibiyobyabwenge uretse ingaruka mbi gusa, aho usanga amakimbirane yo mungo,ubujura no Gufata kungufu aribyo biranga uwabaswe n’ibiyobyabwenge.

Yibukije abaturage ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka zitandukanye zirimo n’igihombo ku babicuruza abasaba gukora ubucuruzi bwemewe.

Yagize ati”Umucuruzi w’ibiyobyabwenge iyo afashwe ahura n’ingaruka zikomeye zirimo igifungo ndetse n’ibyo afatanwe bikangizwa ayo yashoye ntagaruke. Mukwiye gukora ubucuruzi bwemewe bityo mukiteza imbere.”

CIP Rugigana akomeza asaba abaturage kureka kwishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge kuko amayeri yose bakoresha yagiye atahurwa, k’ubufatanye n’abaturage uzabigerageza wese azafatwa.

Yagize ati “Usanga umugore afite agatebo cyangwa se umufuka akubwira ko avuye guhaha, abandi ugasanga bahetse ibiyobyabwenge nk’abahetse abana aya mayeri n’andi atandukanye yaratahuwe uzabigerageza wese azafatwa kandi ahanwe n’amategeko”.

CIP Rugigana asoza ashimira abaturage ubufatanye bafitanye na Polisi mu gutangira amakuru ku gihe,agasaba inzego z’ibanze kujya begera abaturage bakabaha amakuru kuko aribo bakunda guhura n’abacuruza bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga