• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
19/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
19/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
19/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Rusesabagina Paul, abaye intandaro y’ihagarikwa ry’ibiganiro byari guhuza u Rwanda n’Ububiligi

Umwanditsi
September 21, 2021

U Rwanda rwanze kwitabira inama yagombaga guhuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga, uw’Ububiligi n’uw’u Rwanda I New York. Ni nyuma y’amagambo Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmes yatangaje, anenga imikirize y’urubanza rwa Rusesabagina, avuga ko atahawe ubutabera. U Rwanda rukavuga ko aka ari agasuzuguro.

Mu itangazo Minisitiri Sophie yashyize ku karubanda, yavuze ko yamenye iby’isomwa ry’urubanza rwa Rusesabagina Paul I Kigali. Avuga ko nubwo hari ibyo igihugu cye cyakomeje gusaba ku iburanishwa ry’uru rubanza, ngo bigaragara ko Rusesabagina Paul ataburanishijwe mu buryo bunyuze mu mucyo kandi butabera, by’umwihariko ku birebana n’uburenganzira bwe bwo kwiregura n’ubwunganizi mu mategeko. Avuga kandi ko n’uburengenzira bwe bwo kuba umwere mbere yo gucibwa urubanza butubahirijwe n’ibindi.

Nyuma y’ibyatangajwe n’uyu Minisitiri w’Ububiligi, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yatangaje ko ibi ari agasuzuguro, ko kandi ngo byagiye binagaragara kenshi kuva urubanza rutangira, nubwo inzego z’Ububiligi hari byinshi zakoze mu gufasha iz’u Rwanda kubona amakuru mu bijyanye n’iperereza n’ubugenzacyaha ku makuru yari akenewe kuri Rusesabagina Paul ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi.

Ku bw’iyi mpamvu, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yahise itangaza ko ibiganiro byari kuzahuza ba Minisitiri bombi b’Ububanyi n‘ amahanga I New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitakibaye.

Kuri uyu wa Mbere Tariki 20 Nzeri 2021, nibwo urukiko rukuru, Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibe rwakatiye Rusesabagina Paul imyaka 25 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba yari akurikiranyweho.

Soma hano inkuru ivuga ku rubanza:Rusesabagina Paul wivugiye mu rukiko ko ari impfubyi ya Loni/UN yakatiwe imyaka 25 y’igifungo

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga