• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Umwana w’Umurundi w’imyaka 15 muri babiri bishwe batewe ibyuma mu Bwongereza

Umwanditsi
July 9, 2021

Tamim Ian Habimana ufite ababyeyi b’Abarundi ni umwe mu bana babiri bishwe batewe ibyuma ku wa mbere, amazina yabo ubu yatangajwe na Polisi y’i Londres mu Bwongereza.

Habimana w’imyaka 15, yasogoswe icyuma rimwe ku muhanda Woolwich New Road, mu karere ka Woolwich mu majyepfo ya London, ku wa mbere saa kumi n’imwe na 25 z’umugoroba (17h25).

Abapolisi basanze ari hasi, hari kandi ibyuma bitatu, abatabazi bagerageje kumufasha ariko biranga apfira aho saa kumi n’ebyiri n’iminota umunani z’umugoroba (18h08), nk’uko polisi ibivuga.

Umuhungu w’imyaka 15 yafashwe akekwaho kwica Habimana. Umuryango wa Habimana uri mu gahinda gakomeye, umubyeyi we (nyina) babanaga, ntabasha kugira icyo avuga. Se yari mu Burundi ubwo ibi byabaga, byitezwe ko agera mu Bwongereza.

Ikinyamakuru The Evening Standard cyo mu Bwongereza, kivuga ko inshuti za Habimana zivuga ko yifuzaga kuzaba umunyamategeko.

Ejo ku wa kane nkuko BBC ibitangaza, byamenyekanye ko ishuri yigagaho, Harris Academy Greenwich, ryabujije abanyeshuri kujya mu mujyi hagati i Woolwich, aho yapfiriye, no mu maguriro y’ibiribwa ya McDonald’s ari aho hafi kuko ari uduce duteye ibibazo.

Ako gace kavugwamo urugomo n’ubwambuzi bwitwaje intwaro. Itangazo ry’iri shuri rihuriweho n’abayobozi baryo n’ababyeyi rivuga ko “Dutewe agahinda no kubura ubuzima bw’umwana bidasobanutse. Ibitekerezo n’amasengesho yacu biri ku muryango we kandi turakora ibyo dushoboye byose mu kubafasha muri iki gihe”, nkuko The Evening Standard ibivuga.

Itangazo ry’iri shuri ryongera gusaba ababyeyi guha abana ubutumwa bubibutsa ko bagomba guhita bajya iwabo mu rugo nyuma y’amasomo nta handi banyuze.

Ku wa mbere kandi, hashize amasaha Habimana yishwe, Keane Flynn-Harling w’imyaka 16 na we yishwe atewe icyuma i Oval Place mu karere ka Vauxhall, na ho ho mu majyepfo ya London, umugabo w’imyaka 29 yarafashwe akekwa.

Polisi yasanze Keane Flynn-Harling, w’imyaka 16, afite ibikomere byinshi aho yajombaguwe icyuma.

Kugeza ubu, abantu 21 batarageza ku myaka 20 barishwe i Londres muri 2021. Mu mwaka ushize wose, 17 batarageza imyaka 20 ni bo bishwe muri Londres gusa.

Niba impfu z’abangana batyo zikomeje kuri iki gipimo, uyu uzaba umwaka wishwemo benshi i Londres kuva mu 2008.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga