• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
15/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
15/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
15/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Guverineri Munyantwali yongeye kwibutsa impamvu y’umurenge Kagame Cup mu ntara y’amajyepfo

Umwanditsi
May 28, 2016

Mu marushanwa y’igikombe cyitiriwe umurenge Kagame Cup, Guverineri Munyantwali w’intara y’amajyepfo, yagarutse ku mpamvu n’akamaro k’aya marushanwa.

Kuri uyu wa gatanu taliki ya 27 Gicurasi 2016, mu ntara y’amajyepfo hakinwe umukino wa nyuma mu gushaka umurenge uzahagararira intara ku rwego rw’Igihugu mu irushanwa ry’umurenge Kagame Cup.

Guverineri Munyantwali Alphonse, yibukije ko amateka n’amahame y’iri rushanwa atagomba kuba gusa ayo kwibutsa, ko ahubwo abantu bagomba kubigendera ndetse bakabishyira mubikorwa bubaka Igihugu.

Guverineri Munyantwali, asobanura ko amahame y’imiyoborere myiza ari kimwe mubishyirwa imbere mu irushanwa ry’umurenge Kagame Cup ngo kuko imiyoborere myiza arirwo rufunguzo rw’ibikorwa byose.

Guverineri Munyantwali ati:” imiyoborere myiza niyo ituma abaturage bagira umutekano, niyo ituma imibereho myiza ishoboka, niyo ituma buri muntu agira uruhare mubyo Igihugu gikora kandi akabikomeraho kuburyo turinda n’ibyo twagezeho”.

Munyantwali, akomeza avuga ko umurenge Kagame Cup utuma abantu bagira umuco wo kurushanwa hagamijwe guteza imbere impano zinyuranye mu rwego rw’umupira w’amaguru, kurushaho gukundisha abaturage aho batuye ndetse no kuhateza imbere.

Guverineri Munyantwali Alphonse, yibukije kandi buri wese ko igikwiye kuri we ari uguterwa ishema no kugira uruhare mu miyoborere myiza, gukora neza ibyo ashinzwe no kubinoza.

Igikombe cy’umurenge Kagame Cup mu ntara y’amajyepfo cyatwawe n’umurenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe itsinze umurenge wa Shyogwe w’akarere ka Muhanga ku bitego 3-2 mu bahungu, mugihe muba kobwa Umurenge wa Nyamabuye w’akarere ka Muhanga watwaye igikombe utsinze uwa Save w’akarere ka Gisagara 1-0.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga