• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
15/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
15/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
15/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Burera: Ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe byarangijwe

Umwanditsi
July 30, 2017

Kuwa gatandatu tariki ya 29 Nyakanga 2017, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera, ubuyobozi bw’umurenge wa Bungwe n’abaturage b’uyu murenge, bangije ku buryo bwabugenewe ibiyobyabwenge bitandukanye ndetse n’inzoga zitemewe gucuruzwa hano mu Rwanda.

Ibiyobyabwenge byangijwe birimo Kanyanga litiro 1009, n’urumogi ibiro 3, naho inzoga zitemewe zangijwe ni amaduzeni 309 ya Chief warage, amaduzeni 23 ya Kitoko warage, n’amaduzeni 2 ya Blue sky.

Iki gikorwa cyo kwangiza ibi biyobyabwenge n’izi nzoga kikaba cyarabereye mu kagari ka Tumba Umurenge wa Bungwe.

Nyuma yo kubyangiza, umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu murenge wa Bungwe Nzabonantuma Alfred yakanguriye abaturage bari aho kwirinda ibiyobyabwenge kuko bibagiraho ingaruka nyinshi. Yaravuze ati:”Ijambo “Ibiyobyabwenge” ubwaryo ririsobanuye. Uwabinyoye akora ibyo atazi. Uzasanga bamwe mu bakora ibyaha biboneka muri uyu murenge baba babinyoye.”

Yakomeje avuga ati:”Kubera ko bigaragara ko abishora mu byaha baba babinyweye rero, abantu bakwiye kubireka, ahubwo bakagurisha cyangwa bakanywa ibinyobwa byemewe n’amategeko kandi bitagira ingaruka ku buzima bwabo.”

Uwari uhagarariye Polisi muri iki gikorwa Inspector of Police (IP) Jean Damascene Nsengimana yavuze ko ibiyobyabwenge byangijwe byafatiwe mu mirenge ya Bungwe na Gatebe mu mezi ane ashize.

Yasabye abaturage bari bateraniye aho kwirinda ibiyobyabwenge, anababwira ko Polisi y’u Rwanda yafashe ingamba zo gufata abinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe gucuruzwa mu Rwanda.

Akaba yaragize ati:”Ubu dufite uburyo bwo kumenya no gufata abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu kandi hafi y’abantu bose babigiramo uruhare turabazi, ntituzacika intege kugeza igihe bose bazafatwa bagashyikirizwa ubutabera”.

Yakomeje avuga ko ibi byose byafashwe kubera amakuru bahawe n’abaturage, akomeza abahamagarira kwitandukanya no gukoresha ibiyobyabwenge kuko uretse no kubakururira ibibazo byo gufungwa bibangiriza ubuzima, bityo bikabadindiza mu iterambere.

IP Nsengimana, yashimiye abaturage kubera uruhare bagize mu gufatanya na Polisi n’izindi nzego kugirango ibi biyobyabwenge n’izi nzoga zitemewe zifatwe, anabasaba ko ubu bufatanye bwakomeza.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga