• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
03/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
03/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%

Burera: Abantu 6 batawe muri yombi na Polisi ubwo bageragezaga kwiba Banki

Umwanditsi
March 28, 2018

Polisi y ’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki ya 27 Werurwe 2018 yataye muri yombi abantu batandatu bari bafite umugambi wo kwiba Banki ariko ukabapfubana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko kuwa kabiri saa saba z’ijoro, agatsiko k’abantu umunani bari mu modoka yo mu bwoko bwa Nissan pick-up ifite nimero ziyiranga RAB 120W bashatse kwiba Banki y’abaturage iherereye mu mudugudu wa Kabaya akagari ka Rusumo mu murenge wa Butaro.

Yabisobanuye avuga ati” Baje bitwaje intwaro gakondo zirimo imitarimba, inyundo n’ibindi byuma ari nabyo bakoresheje bamena idirishya banyuzemo binjira imbere muri Banki, ariko mbere yo kwinjiramo babanje guhambira umuzamu ngo adatabaza.”

Yakomeje avuga ati” Bagezemo, bagerageje kumena umutamenwa wari urimo Miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda birabananira, bagerageza no kuwusohora ngo bawujyane nabyo birabananira. Babonye ko nibatindamo bashobora gufatwa barasohotse basubira mu modoka yabo barahunga. Uku guhunga kwabo ntibyabahiriye kuko amakuru yahise atangwa bafatirwa mu muhanda Burera-Musanze mu ma saa munani y’ijoro.”

CIP Twizeyimana yavuze ko muri abo bajura umunani, babiri muri bo batorotse ariko abandi 6 batabwa muri yombi ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusarabuye mu gihe iperereza rikomeje.

Abafashwe ni Nkurunziza Ildephonse w’imyaka 45, Muhire Emmanuel w’imyaka 25, Ntakirutimana Joseph w’imyaka 37, Nizeyimana Jean Claude w’imyaka 25, Ndungutse Jean w’imyaka 36 na Hakizimana Jean Pierre w’imyaka 35.

CIP Twizeyimana yasoje avuga ati” Aba batorotse nabo bamaze kumenyekana abo aribo ariko baracyashakishwa, ari nako hagikorwa iperereza ngo hamenyekane kandi hafatwe undi muntu wese waba afite uruhare muri iki gikorwa.”

Ingingo ya 303 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko ubujura bukoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho bwakozwe nijoro n’abajura barenze umwe (1); buhanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10).

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5825 Posts

Politiki

4076 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga