• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Rubavu: Abakoresha amayeri mu gutunda ibiyobyabwenge bakomeje gufatwa

Umwanditsi
August 2, 2018

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu iragira inama abantu batuye cyangwa batemberera muri aka karere, bacyumva ko bakoresha amayeri atandukanye mu gutunda no gukwirakwiza ibiyobyabwenge hirya no hino kubireka kuko amayeri bakoresha yose yatahuwe. Abagerageza kubihacisha bagenda bafatwa.

Ubu butumwa butanzwe nyuma y’uko ku gicamunsi cya tariki ya 1 Kanama 2018, umugore witwa Mukamwiza Olive w’imyaka 27 afatanwe udupfunyika tw’urumogi 212. Uru rumogi rwari mu myenda yari ahetsemo umwana we w’uruhinja.

Asobanura amayeri uyu mugore yakoresheje kugira ngo adafatwa, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’I Burengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yagize ati:” uyu mugore yafashe urumogi rwavuzwe hejuru, aruzingazingira mu myenda noneho arushyira mu mugongo we ararwihambira, arangije aheka  umwana we nk’uko ababyeyi basanzwe baheka abana babo.  Byari bigoye ko umuntu yamenya ko uyu mugore afite urumogi”.

CIP Gasasira yakomeje avuga ko uyu mugore yari abikoze inshuro irenga imwe. Yagize ati:” Abaturage batangiye gukeka ingendo ze za buri munsi aho yavaga aho acururiza urwagwa mu gasanteri ka Mahoko yerekeza ku Nyundo, maze uko yagiye ahetse umwana yagaruka bakabona yahindutse.”

Yakomeje agira ati:” Abaturage batugejejeho izo mpungenge batubwira ko ashobora kuba iyo agarutse aba afite urumogi maze ubwo yari atashye duhita tumusanga iwe, akihagera tumubaza niba afite  urumogi ahita atwemerera ko arufite tumusatse turarumusangana.”

Ubu yashyikirijwe Urwego rw’ubugenzacyaha-RIB Sitasiyo ya Kanama kugira ngo akurikiranwe.

CIP Gasasira yasabye abumva ko bakira bakoresheje inzira zitemewe nko gucuruza ibiyobyabwenge cyangwa ubundi buryo kubireka kuko Polisi, abaturage n’izindi nzego bari maso kandi ko uzanyuranya wese n’ibyo amategeko ateganya azafatwa agashyikirizwa inzego zibishinzwe.

Yasabye abaturage cyane cyane urubyiruko kwitabira gahunda z’iterambere Leta yashyizeho zirimo kwibumbira mu mashyirahamwe kuko aribwo buryo bwiza bwo kwiteza imbere no kubaka igihugu.

Ingingo ya 594 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya igihano cy’igifungo kigera ku myaka itanu ku muntu wafatiwe mu bikorwa byo gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga