• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kirehe: Abantu 2 bafashwe bakekwaho gutwara urumogi mu majerekani

Umwanditsi
November 8, 2018

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kirehe ku bufatanye n’abaturage yafashe abantu babiri bari batwaye urumogi mu majerekani. Ibi byari amayeri bakoresheje kugira ngo abababona bagire ngo batwaye inzoga.

Abafashwe ni Mugishawimana Pacific w’imyaka 29 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Nyamugali akagari ka Nyamugali afite ijerekani ya litiro 20 irimo urumogi na Ndayisenga uzwi ku izina rya Hungu w’imyaka 20 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Kigarama mu kagari ka Kigarama afite akajerekani ka litiro eshanu (5) kuzuyemo urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko aba bagabo bombi bafatiwe ahantu hatandukanye ariko batwaye urumogi mu buryo bumwe.

Yagize ati “Bombi bari baturutse mu nzira ziva ku mugezi w’akagera, uyu witwa Ndayisenga yafashwe anyuze ahari hateraniye inteko y’abaturage bamubaza ikiri mu kajerekani avuga ko atakizi barebye basanga kuzuye urumogi, mu gihe undi witwa Mugishawimana yafashwe binyuze ku makuru Polisi yahawe n’umumotari ubwo yamubwiraga kumugeza kuri kaburimbo.”

CIP Kanamugire aburira abatunda bakanacuruza urumogi ko amayeri yose bazakoresha mu kurutwara batazabura gufatwa binyuze mu mikoranire myiza iranga Polisi n’abaturage ndetse n’izindi nzego.

Ati “Bahinduye amayeri yo kurutwaramo kuko mbere barukenyereragaho ariko ubu basigaye bakoresha amayeri yo kurutwara mu majerekani bagira ngo tugire ngo ni inzoga cyangwa amata batwaye, gusa ni bashaka babireke kuko bazajya bafatwa bahanwe.”

Polisi ikorera mu karere ka Kirehe ivuga ko uru rumogi rufatwa ruturutse mu nzira ziva ku mugezi w’akagera rujyanwa mu nkambi y’impunzi ya Mahama kuko ngo iyo habaye igikorwa cyo gusaka muri iyo nkambi hafatwa ibintu bitandukanye bitemewe byiganjemo urumogi.

Abafashwe n’urumogi bafatanywe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’UbugenzacyahaRIB kugira ngo hakorwe iperereza kubyo bakekwaho.

Ingingo ya 263  mu gitabo  gishya cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kuva  ku myaka irindwi(7) kugeza ku gifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga