• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umurambo wasubijwe mu buruhukiro kubwo kutumvikana k’umuryango

Umwanditsi
January 30, 2019

Umurambo wa Jonathan Mutabaruka, kuri uyu wa 30 Mutarama 2019 wakuwe mu buruhukiro bw’ibitaro bya kaminuza nkuru y’u Rwanda ( CHUK), ugejejwe mu rugo iwe I Runda, abo mu muryango w’umugore basigana n’abo mu muryango wa Nyakwigendera ku kuwushyingura, ubuyobozi buhageze bufata icyemezo cyo kuba asubijwe muburuhukiro.

Urupfu rwa nyakwigendera Mutabaruka Jonathan ntabwo ruvugwaho rumwe n’impande zitandukanye haba uruhande rw’umugabo, urw’umugore ndetse na bamwe mu baturanyi. Hari abavuga ko rwatewe no gukubitirwa iwe ( ibintu bitarasobanuka) abandi bakavuga ko ari impanuka y’imodoka( nabyo bigora abatari bake kubyemera).

Ubwo uruhande rw’umugore rwajyaga kuzana uyu murambo rukawugeza mu Mudugudu wa Rubumba, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda biteguye kujya gushyingura, abo ku ruhande rwa Nyakwigendera bitambitse bahuruza ubuyobozi bavuga ko badashira amakenga iby’urupfu rwa nyakwigendera, basaba ko habanza gukorwa ibizamini ( Autopsy) bigaragaza icyo yazize ibyo gushyingura bikaza nyuma.

Uyu mubyeyi niwe mugore wa nyakwigendera, bivugwa ko yamukubise ishoka mu mutwe Nyagasani agakinga ukuboko.

Uruhande rw’umugore ntabwo rwakozwaga iby’ibizamini dore ko bavugaga ko bamaze no kwishyura imva, ko bagomba kumushyingura kuko bazi ko ari impanuka y’imodoka yazize. Ubuyobozi bw’inzego zibanze n’iz’umutekano bahagobotse hafatwa icyemezo cyo gusubiza umurambo mu buruhukiro ugapimwa.

Amakuru amwe avuga ko Nyakwigendera yaba yarashyamiranye n’umugore we ( bari no mu manza za gatanya ariko bakibana mu nzu imwe), tariki 26 Mutarama 2019. Hanyuma agakubitwa akajyanwa ku muhanda ari intere mu rwego rwo kujijisha. Andi makuru akavuga ko yavuye mu rugo akubise umugore ishoka mu mutwe azi ko apfuye hanyuma ngo akagongwa n’imodoka.

Uwase Fabiyola, avuga ko ari umwana mukuru wa nyakwigendera ko ndetse ari we wirukaga ku murambo wa se kugira ngo bamumuhe ashyinguwe, Ntabwo yemera ko se yakubiswe ahubwo avuga ko ari impanuka yazize. Kuba hari abo mu muryango wa se bavuga ko bashaka ko ashyingurwa babanje kumenya icyo yazize, avuga ko bakabaye barabikoze akiri kwa muganga, ko kumubuza gushyingurwa ari ibintu atumva.

Emmanuel Rugimbabahizi, umuturanyi wa nyakwigendera unahamya ko yari inshuti ye avuga ko muri uyu muryango hari hasanzwe ibibazo by’amakimbirane. Avuga ko nk’abaturanyi bakurikije amakuru bumva ku rupfu rwa nyakwigendera, ngo ibizamini byo kwa muganga nibyo byakura benshi murujijo. Avuga ko uru rupfu rurimo amayobera n’ubwiru bwinshi, ko bityo icyiza ari uko hakorwa ibizami ukuri kukajya ahagaragara.

Imbaga y’abatari bake bari bahuruye bamwe bati umurambo ujyanwe gupimwa abandi bati oya.

Ku yandi makuru agera ku intyoza.com ni ay’uko muri uru rupfu rwa nyakwigendera hari abakekwa kumukubita barimo bamwe bo mu muryango w’umugore ndetse n’umushumba wabaga iwe ngo wari unafitanye umubano n’umugore ariko uyu mushumba akaba yahise agenda ku buryo kugeza ubwo umurambo wazanwaga ndetse hakanafatwa icyemezo cyo kuwusubiza mu buruhukiro ntawigeze amuca iryera.

Hari amakuru kandi avuga ko hari bamwe mu banyerondo babonye nyakwigendera mu gitondo cy’uwo munsi yagiranaga amakimbirane n’umugore. Aba ngo bavuga ko bamusanze ku muhanda wa kaburimbo ahazwi nka Kamuhanda ababwira ko aheruka ahagera ateruwe ko nta kindi yibuka, ni naho yakuwe ajyanwa kwa muganga ari naho yaguye. Urupfu rwe rwamenyekanye kuri uyu wa mbere tariki 28 Mutarama 2019.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Inga says:
    January 31, 2019 at 2:15 pm

    Cyo ngaho da!
    Report y’abaganga ba CHUK se nta makuru itanga yamara impaka?

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga