• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Gicumbi: Babiri bafatanwe litiro 58 za kanyanga

Umwanditsi
June 26, 2019

Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Nyankenke, ku itariki 24 Kamena 2019, yafatanye abagabo babiri litiro 58 za kanyanga bazihetse kuri moto.

Abafashwe ni Dusabimana Francois w’imyaka 26 na Ntuyahaga Jean de Dieu w’imyaka 37 y’amavuko bombi bakomoka mu karere ka Rulindo mu murenge wa Kisaro.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana yavuze ko abo bagabo bafatiwe mu kagari ka Rusasa, umurenge wa Nyankenke akarere ka Gicumbi bahetse iyo kanyanga kuri moto ifite icyapa kiyiranga RA 789X.

Yagize ati “Aba bagabo bombi bari baturutse muri uwo murenge bahekanye kuri moto bafite ibikapu birimo iyo kanyanga bageze mu mudugudu Mashyiga kubera gutwara bafite n’igihunga cy’ubwoba bagonze umwana ibyo bikapu bihita byitura hasi, abaturage bahise babegera basanga ni kanyanga bapakiye niko guhita babimenyesha Polisi”.

CIP Rugigana yavuze ko Polisi nyuma yo guhabwa amakuru yahise igenda ifata abo bagabo ibashyikiriza Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) bukorera kuri sitasiyo ya Byumba.

Yibukije abaturage ko kanyanga itemewe gucuruzwa no kunyobwa mu Rwanda, kuko ari ikiyobyabwenge giteza umutekano muke mu baturage nyuma yo gukora ibyaha birimo nk’urugomo, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu, ubujura, amakimbirane yo mu mirayango n’ibindi.

Yagize ati “Turabasaba kwirinda kunywa ibinyobwa bishyira ubuzima mu kaga bikanateza n’umutekano muke kandi hari byinshi byujuje ubuziranenge byemewe n’amategeko abantu banywa.˝

Yashimiye ubufatanye n’abaturage mu gukumira ibyaha bitandukanye, abasaba ko ubu bufatanye bukomeza kugira ngo ibyaha bikumirwe hirya no hino mu gihugu bitaraba.

Yanakanguriye kandi abishora mu bikorwa binyuranyije n’amategeko kubyirinda kuko bigira ingaruka mbi nyishi haba kuri bo, imiryango yabo no ku gihugu muri rusange.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga