• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
15/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
15/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
15/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Nyamagabe: Abayobozi 12 barimo ba Gitifu b’imirenge n’abakozi mu karere basezeye akazi

Umwanditsi
September 12, 2019

Nyuma y’amagenzura yakozwe hirya no hino mu Karere ka Nyamagabe, nyuma yo gusanga hari abayobozi badashyira imbaraga mu gukemura ibibazo by’abaturage, bamwe muri abo barimo ba Gitifu b’Imirenge, Utugari, umujyanama wa Komite nyobozi mu karere n’abandi bakozi mu karere kuri uyu wa 12 Nzeli 2019 bahisemo guhigama basigira abashoboye akanya.

Mu basezeye imirimo bakoraga harimo umujyanama wa Komite nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe, hakaba umukozi ushinzwe kumenyekanisha urwego no kuruhuza n’izindi no gutangaza amakuru( public Relations and Communication’s Officer-PRO), hari kandi Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Mugano na Kibumbwe.

Abarekuye intebe y’ubuyobozi bose hamwe ni 12 nk’uko Umuyobozi w’aka karere, Uwamahoro Bonaventure yabitangarije intyoza.com. Uretse aba tuvuze haruguru hari kandi Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari barindwi nabo ngo babonye ko nta kabaraga bahitamo gukuramo akarenge bagaharira abashoboye.

Ibi bibaye nyuma y’isuzuma ryakozwe ndetse n’inama ubuyobozi bw’aka Karere buherutse kugirana na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu ku cyumweru gishize, nyuma kandi y’inama yabaye mu gitondo cy’uyu wa Kane Tariki 12 Nzeli 2019 n’izindi zazibanjirije.

Uwamahoro Bonaventure, umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe yabwiye intyoza.com ko abasezeye ku mirimo yabo bari bamaze kubona ko batagishoboye kugendera ku muvuduko w’icyerekezo ubuyobozi bufite no guhaza ibyifuzo by’abaturage mu kubakemurira ibibazo.

Ati“ Twagiye dukora inama, hari n’iyo twakoze ku cyumweru na Nyakubahwa Minisitiri, twese tujya inama twiyemeza gushyiramo imbaraga no gukora ibintu bitanga umusaruro, nyuma rero y’izo nama n’iyo twakoze mu gitondo twongera kubigarukaho habamo abiyemeza kwivugurura abandi bakavuga bati turabona uwo muvuduko tutawushoboye, ubwo rero nibo bahisemo kwandika basezera”.

Meya Uwamahoro, avuga ko abasezeye bafashije Akarere bakagaha amahirwe yo gushaka abakozi bazana umuvuduko n’imbaraga zifuzwa.

Ati “ Icyo tubona cya mbere banadufashije nabo kandi benshi bagiye banabyandika mu nyandiko zabo, ni uko bahaye amahirwe Akarere ko gushakisha yenda ko haboneka abazana umuvuduko n’imbaraga zifuzwa”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe avuga ko bagiye gutangira kujya ku isoko ry’umurimo bashakisha abakozi bashoboye kujyana n’umuvuduko w’ubuyobozi ndetse biteguye gufasha abaturage mu gukumura ibibazo. Aba bakozi basezeye(nkuko bivugwa n’ubuyobozi bw’Akarere) nyuma y’inkundura y’iyegura n’iyeguzwa ry’abayobozi batandukanye b’uturere n’abandi, aho kandi hakiri umwuka ko bitararangira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga