• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Hamuritswe ishusho ikosoye ya Thomas Sankara ufatwa nk’Intwari muri Burukina Faso

Umwanditsi
May 18, 2020

Nyuma y’igihe cy’Umwaka abantu binubiye ko ishusho yamuritswe bwa mbere itasaga n’iyi mpirimbanyi y’impinduramatwara, kuri iki cyumweru tariki 17 Gicurasi 2020 abategetsi ba Burukina Faso bamuritse ishusho nshya ya Thomas Sankara.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu Alpha Barry yabwiye RFI ati: “Biragoye kuvuga ko isa 100% na Thomas Sankara ariko icyo dufite ubu kiramwerekana, kandi nicyo cya ngombwa”.

Avuga ko Leta yashyigikiye cyane uyu mushinga kugira ngo ube urwibutso rukwiye iryo zina. Urebye neza iyi shusho y’ubugeni nshya ubona ko amaso n’ibindi bice bimwe byasubiwemo biranozwa.

 

 

 

Jean Luc Bambara, wakoze iyi shusho yayisubiyemo umwaka ushize nyuma y’uko inenzwe ko idasa na Sankara.

Uyu munyabugeni nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, avuga ko ubushize icyabaye ari uko umushongi wa “bronze” bari bakoresheje washonze kubera ubushyuhe burenze 45C, bigatuma ibice bimwe by’iyi shusho bita umwimerere.

Thomas Sankara, wabaye ikitegererezo cya benshi mu myaka ya 1980 aracyakomeje gufatwa na benshi nka “Che Guevara wa Afurika”.

Yageze ku butegetsi mu 1983 azana impinduka zidasanzwe zigamije kurwanya ruswa no guteza imbere ibikorerwa mu gihugu. Yahinduye izina ry’igihugu kitwaga Haute Volta akita Burkina Faso busobanuye “ubutaka bw’inyangamugayo”.

Ishusho ye yamuritswe ejo ku cyumweru mu murwa mukuru Ouagadougou aho yiciwe tariki 15/10/1987 n’itsinda ry’abasirikare mu gikorwa n’ubu kikirimo amayobera.

Thomas Sankara, yishwe afite imyaka 37 gusa.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga