Bobi Wine witegura guhangana na Perezida Museveni mu matora yashinze umutwe wa Politiki

Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, akaba umunyepolitike ukomeye mu batavuga rumwe na Leta ya Uganda yashinze ishyaka rishya yise “ National Unity Platform “, aho ari mu mugambi wo kwitegura amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Uganda.

Iri Shyaka yise, “National Unity Platform” imbere y’amatora y’umukuru w’igihugu, yizeye ko azahagararira amashyaka yishyize hamwe atavuga rumwe na Leta ya Perezida Museveni nawe wamaze kwerekana ko aziyamamaza gukomeza indi manda.

Bobi Wine, ni umucuraranzi uzwi cyane akaba n’intumwa ya rubanda. Izina rye ry’ukuri ni Kyagulanyi Ssentamu. Ayoboye ishyaka rya politike, “People Power” rifite abayoboke b’abanyayuganda batari bake. Ni ishyaka risaba Prezida Yoweri Museveni kuva ku butegetsi agafata ikiruhuko cyo mu za bukuru.

Bobi Wine, nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, yagiye ahagarikwa kenshi ndetse agatabwa muri yombi, agafungwa inshuro nyinshi, harimo no gushinjwa ibyaha by’ubuhemu we yagiye ahakana.

Mu gihe uguhura kw’abantu benshi bibujijwe muri iki gihe, abashaka guhatanira intebe y’umukuru w’Igihugu biteguye guhangana n’abashinzwe umutekano bagamije gutatanya abantu bagiye mu hikorwa bihuza abantu benshi bamagana Leta.

Prezida Museveni ashinja Bobi Wine n’abandi banyapolitike batavuga rumwe na Leta ko bashuka abakiri bato bakabajyana mu bikorwa by’imyigaragambyo. We arabihakana akavuga ko nta bwicanyi no guteza impagarara, kandi ko nta mugambi bafite wo gushinga umutwe wa gisirikare w’ishyaka ryabo.
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →