Nta kitwa inzoga mu nzu z’uburiro- Restaurant muri Kenya

Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje kuri uyu wa 27 Nyakanga 2020 ko nta nzoga zemewe gucururizwa mu nzu z’uburiro-Restaurant. Ni ingingo ifashwe mu rwego rwo kurushaho gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus. Abanyakenya bashinjwe kuba bataritwaye neza bagatuma iki cyorezo kirushaho kwiyongera mu kwezi gushize.

Uretse guhagarika icuruzwa ry’inzoga mu nzu z’uburiro, Perezida Kenyatta yanongereye igihe cyo gutembera mu ijoro, mu rwego rwo guhangana n’ukwiyongera kw’abandura icyorezo cya Coronavirus.

Perezida Kenyatta, yategetse ko nta muntu ugomba kongera kuva mu rugo kuva I saa tatu z’ijoro gushyika saa kumi za mugitondo, kandi ibi bikazamara iminsi 30 byubahirizwa.

Nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, Kenya kimwe n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’uburasirazuba, yafashe ingamba zikomeye zo kurwanya iki cyorezo, zirimo gufunga imbibe/imipaka mu kwezi kwa gatatu k’uyu mwaka wa 2020, no gufunga amashuri ndetse abanyagihugu babuzwa gutembera mu ijoro.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →