• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Inyamaswa y’ingwe yari yahejeje barindwi mu nzu yarashwe n’inzego z’umutekano

Umwanditsi
September 11, 2020

Iyi nyamaswa yagaragaye mu Mudugudu wa Gakera Akagali ka Rango A mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye mu rugo rw’Umugabo witwa John mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 11 Nzeri 2020. Uru rugo rubamo abantu barindwi nyuma y’uko umwe mu bana b’uyu Mugabo babonye iyi Nyamaswa yahise asubira mu nzu abibwira iwabo nabo baza kureba basanga koko iyi nyamaswa baketse ko ari ingwe yaseseye mu bikoresho byashaje byari muri urwo rugo.

Umwe mu baturage baje kureba uko byagenze utashatse ko amazima ye ajya mu itangazamakuru yabwiye intyoza.com ko inzego z’umutekano, urwego rwa gisirkare na Police baje gutabara ngo barebe niba ntabaturage iyi nyamaswa yagirira nabi, birangira bayirashe amasasu agera kuri atandatu barayica, bahita bashyira mu igunira barayijyana.

Avugana n’intyoza yagize Ati:” Nibyo koko hano mu kagali ka Rango A Umudugudu w’Agakera hari inyamaswa yasanzwe mu rugo rw’umugabo bita John imeze nk’ingwe, ariko inzego z’umutekano zaje zirasa amasasu nk’atandatu bahita bayishyira mu mufuka, njyewe nabonye umutwe wayo gusa, nabonaga Atari nini cyane”.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, twagerageje kuvugana n’umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura atubwira ko ari mu nama naza kuyisoza atuvugisha.

Mu gushaka kumenya icyo inzego z’umutekano zivuga kuri iyi nyamaswa twavuganye n’umuvugizi wa Police y’u Rwanda CP John Bosco kabera atubwira ko aya makuru ataramugeraho, ariko agiye kuyakurikirana igihe cyose ari buduhe amakuru arambuye iyi nkuru tuzayigarukaho.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga