• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

DRC: Imirambo ya mbere y’abantu 50 bahitanwe n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro yatangiye kuboneka

Umwanditsi
September 14, 2020

Iyi mpanuka yabaye ku wa gatanu mu mujyi wa Kamituga, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nko mu birometero 270 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’akarere ka Bukavu. Yatewe n’ikirombe gicukurwamo zahabu cyuzuye amazi y’imvura kikaridukira abakirimo.
Abashinzwe ubutabazi batangiye kubona imirambo ya mbere yabahitanywe n’uyu mwuzure, Abatangabuhamya bavuga ko imvura idasanzwe yaguye yatumye uruzi rwari hafi y’ikirombe rwuzura.

Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Theo Ngwabidje Kasi, yavuze ko izi mpfu zibabaje z’abantu 50, abenshi muri bo bakaba ari bato”. Icyakora, umuyobozi wa Kamituga, Alexandre Bundya, yagize ati “ntituramenya neza umubare nyawo” wabahitanywe n’uyu mwuzure.

Perezida Felix Tshisekedi yavuze ko “ababajwe cyane n’urupfu rw’aba bantu” anasaba guverinoma “gufata ingamba zikomeye kugira ngo ayo makuba atazongera ukundi.” Umuturage wo muri ako gace, Jean Nondo Mukambilwa, yabwiye AFP ko kugeza ubu habonetse umurambo umwe gusa.

Muri Kamena 2019, byibuze abagabo 39 bapfuye igihe ikirombe cy’amabuye y’agaciro i Kolwezi, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’akarere ka Katanga cyasenyukaga.

Kongo ifite ububiko bunini bwa zahabu, cobalt, umuringa na coltan. Nicyo gihugu kinini ku isi gikora cobalt, gikomeye mu gukora bateri zikoreshwa muri terefone zigendanwa n’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Source:Africanews

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga