• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Nubwo umuti wari ushaririye ariko wari ngombwa-Munyakazi Sadate

Umwanditsi
September 24, 2020

Komite ya Rayon yari iyobowe na Munyakazi Sadate kuri uyu wa kane tariki ya 24 Nzeri 2020, yakoze ihererekanya bubasha na komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah. Ni komite yashyizweho n’ikigo cy’Igihugu cy’imiyoborere-RGB, ikaba igiye kuyobora igihe kingana n’ukwezi.

Tariki ya 23 Nzeri 2020 nibwo urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB rwashyize ahagaragara imyanzuro ku bibazo by’umuryango wa Rayon unafite ikipe ya Rayon Sports. Ni ibibazo iyi kipe yari ifite guhera muri Gicurasi, aho uwari umuyobozi wayo Munyakazi Sadate yandikiye uru rwego arumenyesha ko Rayon Sports ifite ibibazo harimo n’abanyereje imisoro ariko bikaza gufata intera ikomeye, kugeza n’ubwo Perezida Kagame yabibajijweho n’umunyamakuru, akavuga ko afite abo yabishinze ngo babikurikirane.

Ubwo habaga ihererekanyabubasha hagati ya komite nshya nicyuye igihe, Munyakazi yavuzeko hari icyamugoye ubwo yari umuyobozi w’iyi kipe. Ati:”icyangoye ku buyobozi bwa Rayon Sports nazanye gahunda shya ariko ntabwo bose babyumvise”.

Mu butumwa Munyakazi Sadate yageneye abanyamakuru abinyujije mu nyandiko, yagize ati:”Ndashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku murongo mwiza yaduhaye, ndashimira Minisitiri wa Sport wakoze ibishoboka byose ngo ibibazo byacu bikemuke, ndashimira ubuyobozi bw’abakozi bw’ikigo cya RGB bakoze batizigama ngo ibibazo byacu bibonerwe umuti, nubwo umuti washariraga ariko wari ngombwa”.

Munyakazi, avuga ko azubaha ubuyobozi bushya akabushyigikira kandi agaharanira iterambere ry’umuryango wa Rayon Sports aho yanafashe umwanya asaba imbabazi abo batabyumvaga kimwe mu gihe yari ku buyobozi.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga