Burundi: Minisitiri yirukanywe ashinjwa guhindanya isura y’Igihugu

Perezida w’Igihugu cy’u Burundi, Évariste Ndayishimiye yirukanye uwari Minisitiri w’ubucuruzi, ubwikorezi, inganda n’ubukerarugendo Capitoline Niyonizigiye amuziza ibyo yise guhindanya isura y’u Burundi.

Yashinjwe gukora” ibikorwa bibangamira intumbero za Guverinoma… binahindanya isura y’u Burundi”. Itangazo ntiryasobanuye uburyo yakozemo ibyo ashinjwa.

Nta cyo Madamu Niyonizigiye yari yatangaza ku mugaragaro. Kuri uwo mwanya nkuko BBC ibitangaza, yasimbujwe Marie Chantal Nijimbere, nkuko bikubiye mu itangazo ry’ibiro bya perezida.

Madamu Niyonizigiye abaye Minisitiri wa kabiri w’ubucuruzi wirukanwe mu gihe kitageze ku mwaka umwe. Yari yarahiriye imirimo ye nka Minisitiri mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka.

Uwamubanjirije Immaculée Ndabaneze, yirukanwe muri uko kwezi kwa gatanu nyuma yo gushinjwa gukora ibikorwa byashoboraga gushyira mu makuba ubukungu bw’igihugu ndetse no guhindanya isura y’igihugu.

intyoza

Umwanditsi

Learn More →