• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
13/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
13/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi-Runda: Umwe mu mabandi ya jujubije abaturage yarashwe arapfa

Umwanditsi
March 12, 2023

Ak’Amabandi amaze iminsi ajujubya abaturage by’Umwihariko mu Murenge wa Runda kashobotse. Mu ijoro ryo kuri uyu wa 11 Werurwe 2023, ahagana ku i saa tatu, mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ku muhanda umanuka ugana Kamuhanda, umujura yarashwe arapfa nyuma yo gushikuza terefone umuturage akanashaka kurwanya umupolisi.

Asobanura uko byagenze, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP( Chief Inspector of Police) Emmanuel Habiyaremye yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko abajura babiri umwe yashikuje umuntu wari mu modoka Terefone yo mu bwoko bwa Samsung, umupolisi wari mu kazi amubinye aramuhagarika, aho guhagarara ahubwo ashaka ku murwanya kuko yari afite n’icyuma yitwaje, aramurasa arapfa.

Umurambo w’uyu mujura wahise ujyanwa mu bitaro bya Remera-Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzumwa. CIP Habiyaremye, akomeza asaba abajura ko bashatse bareka umugambi mubi wo kwiba no guhohotera abaturage kuko Polisi ititeguye kuborohera no kubareka ngo bakomeze bakore ibyo bikorwa bibi birimo kwiba no guhohotera abaturage.

Ati“ Icyo tubwira Abajura bagenzi b’uriya ni uko bitazabahira, akazi bakora ni akazi kabi katemewe, katemewe n’amategeko bitazabahira kandi Polisi itazabaha agahenge”. Akomeza kandi asaba abaturage muri rusange gutanga amakuru neza kandi ku gihe y’aho babona umuntu bakeka ko ari umujura, uwo babona wateza umutekano muke kugira ngo ubwo bufatanye bufashe gukumira ibyaha bitaraba.

Ikibazo cy’Abajura cyangwa Amabandi muri aka karere ka Kamonyi by’umwihariko mu Murenge wa Runda kimaze iminsi, aho batega abaturage, babasanga mu ngo bakabiba, bakabambura, ndetse bagasiga bakomerekeje bamwe, abandi hari n’abahasize ubuzima. Ubwo hajemo imbaraga ziyongera ku z’abanyerondo ubanza abaturage bagiye kumara iminsi bafite agahenge ari nacyo bamaze iminsi basaba ngo batabarwe cyangwa se batangire kwirwanaho.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Glorien NIYONSENGA says:
    March 12, 2023 at 11:56 am

    Bravo kuri RNP….amabandi yabaga I Kigali yose yasuhukiye I Kamonyi-Runda na Rugalika na Gacurabwe….hadakoreshejwe imbaraga z’umurengera ntitwazabakira.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga