• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Kamonyi: Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari basaga 30 bahinduriwe ifasi

Umwanditsi
June 17, 2018

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari basaga 30, babiri bashya n’abakozi ba biri mu Mirenge ya Rukoma na Runda bashinzwe imicungire y’abakozi, imari n’ubutegetsi bahinduriwe aho bakoreraga. Iki gikorwa, Ubuyobozi bw’Akarere butangaza ko kigamije impinduka nziza mu kazi n’ubwo bamwe batishimiye uburyo cyakozwemo.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa basaga 30 b’Utugari dutandukanye mu Karere ka Kamonyi ndetse n’umukozi umwe w’Umurenge wa Runda n’uwa Rukoma bashinzwe imicungire y’abakozi, imari n’ubutegetsi ( Admin) bimuwe mu ifasi bakoreragamo.

Abimuwe bose nk’uko umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Kayitesi Alice yabitangarije intyoza.com tariki 15 Kamena 2018, ngo ni ku mpamvu zigamije impinduka mu kunoza imikorere cyane ko ngo abenshi bari barambye aho bakoreraga.

Alice Kayitesi yagize ati ” Twahindiye admin ( Umukozi ushinzwe imicungire y’abakozi, imari n’ubutegetsi) wa Rukoma ajya Runda. Uwa Runda ajya Musambira, Aba ES Cells ( abanyamabanga Nshingwabikorwa b’ Utugari) twahinduye bo ni benshi bagera kuri 30 sinabibuka aho bavuye n’aho bagiye, icyari kigambiriwe ni ukurushaho kunoza akazi kuko abenshi mu  bimuwe bari bamaze igihe kinini bakorera aho bari.” Akomeza avuga ko ngo banahaye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari 2 bashya amabaruwa abinjiza mu kazi.

Mu gihe Umuyobozi w’Akarere atangaza ko izi mpinduka zigamije kuzana imikorere inoze mu kazi ndetse no gukura bamwe aho bari bamaze igihe kitari gito, bamwe mu bakozi batangaza ko iki gikorwa kitabashimishije kuko ngo gikozwe habura iminsi mike ngo babazwe ibyo bakoze( Evaluation). Kuzabazwa iby’ahantu ngo batamaze n’ukwezi bakorera, bataranamenya cyangwa ngo bamenyere, babibonamo nk’igikorwa cyihutiwe. Iri bazwa cyangwa igenzura ( Evaluation) ngo riteganijwe mu ntangiriro za Nyakanga 2018.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Mayor says:
    June 19, 2018 at 2:19 pm

    Meyor rwose wahubutse cyane waribubimure barangije evaluation yabo ubwose guhinduranya gusa nibyo byihutirwaga Muri kamonyi koko??? Wabuze ibindi ukora byakubakira izina.ahhhh .

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga