• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gishari: DASSO 429 basoje amahugurwa abongerera ubumenyi

Umwanditsi
June 17, 2019

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Kamena 2019, mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi i Gishari, aba DASSO 429 barimo 37 b’igitsina gore baturutse mu mirenge yose y’igihugu basoje amahugurwa batyaza ubumenyi.

Mu byumweru bitatu bamaze muri aya mahugurwa bahawe amasomo yiganjemo gukunda igihugu, gutanga serivisi inoze kandi neza, akarasisi, imikoreshereze y’ imbunda, gutanga amakuru ku gihe no gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo.

Muri aya masomo abongerera ubumenye mu kazi kabo ka buri munsi bayahawe n’inzego zitandukanye zirimo iz’umutekano, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Urwego rw’Umuvunyi Mukuru ndetse n’izindi.

Umushyitsi mukuru muri uyu muhango wari uhagarariye Polisi n’ishuri by’umwihariko, Assistant Commissioner Police Uwimana Safari yibukije abarangije aya mahugurwa ko imikoranire y’inzego ariyo yubaka igihugu kandi icyinyabupfura no gukora kinyamwuga bisigasira isura y’urwego rwabo.

Yagize ati “Ubumenyi mwahawe mugende mubushyire mu ngiro, musangize bagenzi banyu ibyo mwize, muharanire guhesha isura nziza akazi mukora n’igihugu muri rusange.”

Ubwo yabasuraga muri iki cyumweru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase yabashishikarije gukunda umurimo bakora no kwigirira icyizere, kumva no kwita ku muturage barushaho ku muha serivisi nziza, kwihutira gutanga amakuru y’ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano n’umudendezo w’umuturage.

Nzasingizimana Innocent umwe muri aba banyeshuri basoje aya mahugurwa uturuka mu karere ka Huye avuga ko aya mahugurwa ari ingenzi cyane kuko abenshi nyuma y’amahugurwa y’ibanze batabona andi.

Yagize ati “Aya mahugurwa atugaruyemo imbaraga kuko twabashije kuganira na bagenzi bacu bo mutundi turere twungurana inama. Aya mahugurwa twahawe azadufasha cyane mu gutinyuka gutanga amakuru ku gihe, kurwanya ruswa n’akarengane.”

Yakomeje avuga ko azanabafasha kwita ku iterambere ry’ umuturage no kunoza imikorere barwanya icyadindiza icyerekezo cy’igihugu muri rusange.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga