• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
12/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
12/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
12/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Ijambo rya Meya ku kibazo cy’ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi, Gihara, Nkoto

Umwanditsi
May 9, 2020

Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, Kayitesi Alice amara impungenge abakomeje kwibaza iby’ikorwa ry’umuhanda wa Ruyenzi, Gihara-Nkoto. Avuga ko ikorwa ryawo ritahagaze, ko ahubwo ryakomwe mu nkokora na gahunda ya Guma mu rugo. Uyu muhanda ngo nta cyawubangamira gukorwa, urakomeza nyuma y’ikomorerwa ry’ibikorwa bitandukanye .

Kayitesi Alice, aganira n’umunyamakuru wa intyoza.com ku kuba haba hari ikibazo gituma imirimo y’ikorwa ry’uyu muhanda idakorwa, yavuze ko nk’ubuyobozi bw’akarere nta kibazo na kimwe bafite ku ikorwa ryawo ndetse na Kampani ya China Road yawupatanye.

Avuga ko umuhanda utahagaze, ko icyabiteye ari uko ibikorwa byose byari byarahagaze bitewe na Gahunda ya Guma mu rugo, ariko ko ubu ubwo ibikorwa byakomorewe kandi n’ibi bikaba biri mu bigumba gukomeza, ngo nta kabuza, imirimo y’ikorwa ryawo irakomeza.

Meya Kayitesi, avuga ko nta kibazo kiri mu masezerano bagiranye n’uwapatanye uyu muhanda, ko ndetse imbaduko yari afite mu itangira yitambitswe n’ikibazo cy’icyorezo cya Covid-19 cyahise gitera. Avuga kandi ko nta handi hantu azi Kompanyi ya China Road ariyo yapatanye uyu muhanda yigeze inanirwa ibikorwa byayo, bityo ko nta n’impungenge ku ikorwa ry’ibi by’umuhanda.

Soma inkuru isa n’iyi hano:Kamonyi/Runda: Bwambere mu mateka, umuhanda wa Kaburimbo ugiye mu makaritsiye

Mu gihe twandikaga iyi nkuru, amakuru mashya ni uko hari abakozi b’iyi kampani batangiye ibikorwa byo gupima ahazagenda hayoborwa amazi( za ruhurura) mu rwego rwo kugira ngo umutekano w’umuhanda ubungabungwe, urindwe amazi yawangiza ahubwo ashakirwe inzira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga