• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
26/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
26/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
26/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire

Kamonyi-Runda: Abatuye ahanyuzwa imihanda muri Site z’imiturire bamazwe impungenge ku mazi y’imvura

Umwanditsi
August 9, 2022

Mu midugudu ya Kabasanza, Rukaragata, Bimba na Nyabitare, yo mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, aho Kompanyi ya Truth Masons ( Abafundi b’Abanyakuri) irimo gutunganya Site zagenewe imiturire, ihaca imihanda, imwe ihangwa bushya indi ikagurwa, abahaturiye bamazwe impungenge z’amazi y’imvura bari bafitiye ubwoba ko yabasenyera. Uko imihanda ikorwa ni nako batangiye gushaka inzira z’amazi kugira ngo atazagira ibyo yangiza.

Twagirumukiza Emmanuel, umuturage wa Rukaragata muri Gihara ashima ko itunganywa rya Site z’imiturire ryazamuye agaciro k’ubutaka bwabo agereranije n’uko byahoze. Avuga ko kandi ibirimo gukorwa bibakura mu bwigunge, bikabafasha kwibona mu iterambere kuko babonye imihanda batagiraga n’aho yari iri ikaba byari nk’inzira utahanyuza imodoka, n’aho igize ngo iranyura ugasanga itahabisikanira n’indi.

Aho mbere wasangaga imihanda wagira ngo ni utuyira, yaraguwe iba migari, byoroshya imigenderanire.

Avuga ko icibwa ry’imihanda, yaba ukuyongera mu bugari no guhanga imishya ari byiza, ariko kandi ko bikwiye kujyana no gutunganya inzira z’amazi y’imvura mu gihe yaba iguye kugira ngo atagira ibyo yangiza nubwo ngo yabonye hari aho byatangiye gukorwa. Ahamya ko ku bafite ubutaka bwahawe agaciro.

Muhirwa Emmanuel utuye muri Gihara, avuga ko iyi mihanda ikatwa ahagenewe imiturire yahinduye byinshi, aho n’abashaka kubaka babona aho imodoka zica zitwaye ibikoresho, ikaba kandi yaroroheje imigenderanire cyane ku bafite ibinyabiziga. Asaba ko nubwo hari aho inzira z’amazi kuri iyi mihanda zatangiye gutunganywa, aho bitarakorwa byashyirwamo imbaraga kuko ngo iguye ari nyinshi hari ibyakwangirika.

Inzira z’amazi zari zifitiwe impungenge, hamwe zatangiye gutunganywa.

Twishime Athanase, Umuturage uhagarariye inyungu za bagenzi be akaba Perezida wa Site ya Kabasanza itunganywa na Kompanyi ya Truth Masons(Abafundi b’Abanyakuri), yabwiye intyoza.com ko abafite impungenge bazishira kuko ikorwa ry’imihanda rikomeje, ko kandi no gutunganya inzira z’amazi y’imvura byitabwaho cyane.

Yagize ati“ Imihanda twatangiye kuyikora imwe tuyagura indi tuyihanga mu gihe cy’izuba, rimwe dutungurwa n’imvura yaguye idasanzwe, ariko tumaze kubibona nk’abashinzwe Site twafashe umwanzuro wo guca amaligori ayobora amazi muri iyo mihanda kugira ngo amazi y’imvura atazagira uwo yangiriza kandi birakomeje uko imihanda igenda itunganywa. Igihe twahanye na rwiyemezamirimo kiracyahari, abafite impungenge rero nazibamara kuko aho bishoboka amazi arayoborwa neza”.

Marie Rose Mukanyandwi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gihara yabwiye intyoza.com ko kimwe mu bibazo cyari kibangamiye abaturage mu itunganywa rya Site z’imiturire hacibwa imihanda ari Ligori z’amazi, ariko ko cyahawe umurongo. Ati “ Ikibazo cyari Ligori, barimo kuzica. Nicyo kibazo bari batugejejeho”. Akomeza avuga ko yageze aho birimo gukorwa agasanga mu mihanda barimo kubikemura.

Mu Karere ka Kamonyi, imirenge ya Runda, Rugalika na Gacurabwenge nk’imirenge igize Umujyi w’Akarere, hari ibice cyangwa se Site zagenewe imiturire mu buryo bwihariye zinahabwa abazitunganya hagamijwe kunoza imiturire ari nabyo byatumye ubutaka bugira agaciro gasumbye ako bwari bufite mbere. Gusa na none, birasaba zimwe mu nzego z’Ubuyobozi by’umwihariko abo mu myubakire kuba maso bagafasha abaturage kutarengera imbago no kubungabunga ibikorwa remezo baba bahawe.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5821 Posts

Politiki

4072 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga