• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Nyamiyaga: Gutora Kagame ni ihame ridakuka-Abaturage

Umwanditsi
July 24, 2017

Mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame, umukandida w’umuryango RPF-Inkotanyi, igikorwa cyabereye mu murenge wa Nyamiyaga kuwa 21 Nyakanga 2017, abaturage bahamya ko bashingiye kubyo amaze kugaragariza u Rwanda ku mutora ngo ni ihame ridakuka.

Uwanyirigira Chantal, umugore ukora umwuga wo gufotora afite umugabo n’abana batatu, avuga ko yiteje imbere abikesheje imiyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame, atangaza ko yahereye kubiceri 200 akajya mu matsinda n’ibimina byose byabayeho kubera imiyoborere myiza irangajwe imbere na Perezida Kagame.

Uwanyirigira, avuga ko ubu yabashije kubaka inzu iwe, yaguze icyuma gifotora gifite agaciro k’ibihumbi 400, yize gutwara imodoka akora ibizami aratsinda ubu akaba afite Perimi yo gutwara, avuga ko ari mu bagore basubijwe ijambo n’agaciro bikozwe na Perezida Kagame, ko rero nk’uwasubijwe agaciro atatesha agaciro uwakamusubije.

Chantal Uwanyirigira, Umugore witeje imbere ahereye ku biceri bibiri by’ijana, aho ageze ngo ni Kagame.

Agira ati” Twasubijwe agaciro na Paul Kagame, cyera umugore yari uwo mu gikoni, nti yajyaga ahagaragara, nta Jambo yagiraga ariko ubu kubera agaciro twasubijwe abagore natwe twiteje imbere, ndi umugore witeje imbere kandi uzi icyo akora, nahereye kuduceri magana abiri ngenda ntubitsa, kugira ubuyobozi bwiza ntako bisa, kutwigisha kwizigamira ni byiza cyane, nagiye mu matsinda y’abagore atandukanye, ubu ndishimira aho ngeze kubera Paul Kagame, ku mutora ni ihame ridakuka.”

Nyiramana Rebeka, umuturage mu kagari ka Bibungo yatangarije intyoza.com ko kuriwe abona ko Paul Kagame ari Rudasumbwa, ko ibyo yakoze ntahandi yari yumva Perezida nkawe, ko rero ku mutora atari ibyo gushidikanyaho.

Kwamamaza Paul Kagame, byari ibyishimo ku baturage byo guhamya urukundo bamukunda.

Agira ati’ Utamutora ahubwo niwe waba ufite ikibazo naho ubundi ku mutora byakagombye kuba ihame kuri buri wese. Njye nari umukene ufite ibibazo ariko Kagame yampaye Mituweli ndivuza n’abana banjye, naheraga munzu ariko ubu byabaye amateka, yangaruriye ubuzima, ivuriro riri haruguru y’iwanjye, amashuri ndayaturiye nta mwana ugorwa no gukora urugendo ajya kwiga kure, Kagame ni umubyeyi. Ubuyobozi bwa mbere nahoraga mu bibazo, nkubitwa n’umugabo ariko Paul aje, umugabo wanjye yarinze apfa nta nkoni yongeye kungeraho, ubu ndyama munzu mu gihe mbere nahoraga mbundabunda, nta mpamvu nanjye ntavuga ngo Paul Kagame aragahoraho, ahubwo biratinze kuko nta mpamvu yambuza kumutora.”

Rudasumbwa Emmanuel, afite imyaka 64 y’amavuko, avuga ko yabonye ingoma nyinshi ariko ko ku ngoma ya Paul Kagame aribwo yabonye amahoro asesuye, aribwo yabonye umuturage agira ijambo, umugore agahabwa agaciro. Agira ati” Nabonye umuyobozi wita kubaturage be, ushakira icyiza umuturage ndetse n’umuyobozi ushatse guhohotera umuturage akabibazwa kandi mbere bitarabagaho.”

Uretse guhamya Ibigwi, imigabo n’imigambi by’umukandida, banayuzamo bagacinya akadiho.

Akomeza agira ati” Twahawe agaciro nk’abanyarwanda, yubatse ubumwe mu baturage, ibyo Kagame amaze kutugezaho sitwe gusa tubibona kuko n’amahanga numva ngo aza kwigira ku Rwanda, kutamutora rero byaba ari ikosa rikomeye, ni ihame ko tumutora agakomeza kutuyobora.”

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga