• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
03/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kayonza: Abapolisi 160 b’u Rwanda batanze amaraso

Umwanditsi
October 22, 2017

Abapolisi bo mu turere twa Kayonza na Rwamagana bagera kw’ijana na mirongo itandatu 160 batanze amaraso mu rwego rwo gufasha abantu bayakenera akabikwa mu Kigega cy’igihugu cy’amaraso gicungwa na Rwanda biomedical center (RBC).

Abo bapolisi kandi bakoze urugendo rw’amaguru rungana na kilometero 12, barangajwe imbere n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’i burasirazuba ACP Dismas Rutaganira, byerekana ko bafite ubuzima buzira umuze kandi bahorana morali n’ubushobozi bwo gukorera abaturage bafatanije nabo.

Muri urwo rugendo kandi, abo bapolisi bakiriwe n’urugwiro rwinshi n’abaturage, ndetse babasanga bifatanya nabo muri urwo rugendo, ari nako abapolisi babaganiriza ku gikorwa cyo gufatanya na polisi kwirindira umutekano banakumira ibyaha.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye icyo gikorwa cy’ubutabazi ndetse no ku baturage muri rusange, ACP Rutaganira yababwiye yuko polisi nubwo igira n’izindi gahunda zo gufatanya n’abaturage mu bikorwa by’umutekano no kwiteza imbere, izirikana no gufashisha amaraso mu rwego rwa gahunda y’igihugu y’ubutabazi mu buvuzi abantu bayakeneye. Aha akaba yatanze urugero rw’abantu bakomerekera mu mpanuka bayakenera cyane.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Uburasirazuba, ACP Rutaganira.

Yagize ati“Nk’abapolisi b’umwuga twiyemeje kwitanga buri gihe mu buryo bushoboka bwose ngo turengere ubuzima bw’abaturage. Niyo mpamvu mubona twitabiriye iyi gahunda yo gufashisha amaraso babantu bose bayakenera, dutanga umusanzu wo kugwiza amaraso mu kigega cy’igihugu cy’amaraso.”

Iki gikorwa cyo gutanga amaraso kiri muri gahunda yumvikanyweho mu masezerano yasinywe hagati ya Polisi y’Igihugu n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gupima indwara (Rwanda Biomedical Center)

Umuyobozi w’icyo kigo cy’Igihugu mu Ntara y’i burasirazuba Lydia Uwera mw’ijambo rye yashimiye Polisi y’Igihugu kuri icyo gikorwa anasaba n’abaturage muri rusange gukurikiza urugero rwa polisi mu kurengera ubuzima bw’abaturage bashyikiwe n’ibyago bisaba gufashishwa amaraso.

Twanabibutsa ko mu ntangiriro z’uku kwezi ku cyicaro gikuru cya Polisi, abapolisi 700 bakoze igikorwa nk’iki cyo gutanga amaraso ku bushake.

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Rutikanga says:
    October 23, 2017 at 7:50 am

    Dushimiye polisi y’u Rwanda icyo gikorwa kiza yakoze cyo gutanga amaraso,iki n’igikorwa kiza cyerekana ko bagomba kurinda abafite ubuzima buzira umeze,natwe ibi bitubere urugero rwiza tuge dutanga amaraso kuko tuzaba dufashije benshi bayakenera tunibuka ko ashobora no kutugarukira mu gihe twayakeneye. Polisi hora ku isonga mukuba intangarugero ku kiremwa muntu n’ibimukikije.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga