Donald Trump yareze mu rukiko Kompanyi; Twitter, Facebook na Google ku munigana ijambo

Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, uwahoze ari umukuru w’Igihugu Donald Trump, yatangaje ko yashyikirije urukiko ikirego ku bigo bikomeye bitatu by’ikoranabuhanga. Avuga ko bimunigana ijambo ku buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nk’uko yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru, Trump yareze Facebook, Twitter na Google, n’abayobozi babyo bakuru. Yaregeye urukiko rwo ku rwego rw’Igihugu muri leta ya Florida, mu majyepfo y’Igihugu, aho asigaye atuye nyuma yo kuva ku butegetsi. Yavuze, ati: “Turasaba urukiko ko ruhagarika ko ducecekeshwa no kudushyira ku rutonde rw’umukara.”

By’umwihariko nkuko VOA ibitangaza, sosiyete Twitter na Facebook zafunze imbuga za Trump nyuma y’igitero cy’abayoboke be kuri Capitol (ingoro y’inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe z’Amerika, Congress). Ni igitero cyabaye ku itariki ya 6 y’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2021.

Izi Kompanyi mu gufunga imbuza za Trump, zasobanuye ko zabikoze kubera impungenge z’uko Trump yakoresha imbuga ze kugirango ahamagarire abantu ibindi bikorwa by’urugomo. Kugeza ubu, ntashobora kugira icyo atangaza kuri Twitter na Facebook.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →