• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ingabo z’u Burundi zigiye kwishyurwa umushahara n’ibirarane bigera ku mezi 12

Umwanditsi
January 20, 2017

Umuryango w’ubumwe bwa Afurika wamaze gukemura burundu ikibazo cy’imishahara n’ibirarane by’ingabo z’uburundi cyari kigiye gutuma izi ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM zitahuka.

Nyuma y’aho Leta y’u Burundi imenyesheje ko igiye gukura ingabo zayo mu gihugu cya Somaliya mu burtumwa bw’amahoro-AMISOM kubera gukora zidahembwa kandi ikibazo kidakemuka, umuti w’ikibazo wabonetse. Izi ngabo ntabwo zigitashye.

Mu kiganiro Smail Chergui, umuyobozi w’akanama k’amahoro n’umutekano mu muryango w’ubumwe bwa Afurika yahaye abanyamakuru kuri uyu wa kane tariki ya 19 Mutarama 2017 nyuma y’urugendo rw’iminsi 2 yagiriraga mu Burundi. Yavuze ko ikibazo cy’imishahara n’ibirarane kitazongera kuvugwa.

Chergui, yijeje ko mu gihe cya vuba yemwe gishobora no kutarenga ukwezi kumwe imishahara ndetse n’ibirarane bigera ku mezi 12 ingabo z’u Burundi zari ziberewemo kiraba gishyizwe ku ruhande maze ibintu bigakomeza uko byahoze.

Kugira ngo ikibazo kigere aho gikomera ndetse Leta y’u Burundi ifate icyemezo cyo gucyura ingabo zabwo, byaturutse ku muryango w’ubumwe bw’uburayi ari nawo uhemba izi ngabo wari waranze gutanga amafaranga uyanyujije kuri Konti za Leta y’u Burundi aho washakaga ngo kuyanyuza kuri Konti ya buri musirikare ariko abategetsi b’u Burundi bakabitera utwatsi. Ibi byose ngo biturutse ku kuba hari ibihano u Burundi bwafatiwe n’ibihugu biri mu muryango w’ubumwe bw’uburayi ku mpamvu za Politiki.

Smail Chergui, yatangaje ko umuryango w’ubumwe bw’uburayi uzakomeza gufatwa nk’umuterankunga ukomeye w’ubumwe bwa Afurika ariko kandi ngo n’ubwigenge bw’igihugu cy’u Burundi bukazakomeza kubahirizwa. Yavuze kandi ko ibi byakozwe bizatuma abasirikare bari muri Somaliya bazakomeza gukora umutima uri hamwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga