• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Polisi ya Tanzania yemeje ko abantu 45 aribo bapfiriye mu gusezera Magufuri

Umwanditsi
March 30, 2021

Polisi ya Tanzania yemeje ko abantu 45 bapfuye naho abandi 37 barakomereka ubwo ababarirwa mu bihumbi babyiganiraga mu gikorwa cyo gusezera uwari Perezida wabo John Pombe Magufuli cyabereye i Dar es Salaam.

Polisi yari imaze igihe yotswa igitutu ngo yemeze amakuru ajyanye n’uwo mubyigano, nyuma yuko hari umuryango wavuze ko wapfushije abantu batandatu.

Mu gihe hashize icyumweru kirenga hatangajwe ko uwo mubyigano wabereye i Dar es Salaam, Lazaro Mambosasa ukuriye polisi muri ako karere yemeje iyo mibare, gusa ntiyavuze amazina y’abapfuye.

Ariko uwo muryango wavuze ko wapfushije abantu batandatu muri uwo mubyigano, bari bagiye gusezera ku wari Perezida Magufuli wapfuye, ariko ntibashobora gusubira mu rugo amahoro.

Umugabo umwe yapfushije umugore we, abana babiri n’abandi bantu babiri bafitanye isano. Umukozi wo mu rugo wari wajyanye n’abo muri uwo muryango, na we hashize iminsi micye yaje kubonwa yapfuye.

Videwo yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga nkuko BBC ibitangaza, yerekana abaturage binjira muri stade banyuze mu nzira zitemewe, uko abantu barushagaho kwiyongera.

Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bo mu mujyi wa Dar es Salaam biraye mu mihanda yo muri uwo mujyi ngo bapepere isanduku irimo umurambo wa Magufuli yari itwawe mu modoka.

Abandi benshi na bo berekeje kuri stade aho umurambo we wajyanwe ngo abaturage bawurebe bwa nyuma bawusezeraho.

Perezida Magufuli yapfuye ku itariki ya 17 y’uku kwezi kwa gatatu 2021, azize icyo Leta ya Tanzania yavuze ko ari ibibazo by’umutima.

Philip Mpango usanzwe ari Minisitiri w’imari niwe wagizwe Visi Perezida wa Tanzania.

Mu yandi makuru, Perezida Samia Suluhu yagize Philip Isdor Mpango Visi Perezida we, uyu akaba yari asanzwe ari Minisitiri w’imari. Bwana Mpango yatangajwe kuri uwo mwanya n’umukuru w’inteko ishingamategeko Job Ndugai, mbere y’amatora yo kumwemeza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga