• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi/Rugalika: Umukuru w’Umudugudu n’abandi bantu baraye bafatiwe mu kabari

Umwanditsi
June 4, 2020

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 03 Kamena 2020 ahagana ku I saa moya, Umukuru w’Umudugudu wa Rugarama, Akagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika ho mu karere ka Kamonyi, ari kumwe n’abandi bantu barimo n’abo bafitanye amasano, polisi yabaguye gitumo bari mu kabari, bamwe batorotse abandi barafatwa.

Amakuru azindutse atangwa n’abaturage muri aka Kagari, ni uko Mudugudu ari kumwe na bamwe mubo bafitanye isano, harimo n’uvugwa ko ari mwene nyina ariko we wabashije kwiruka, bari kumwe n’abandi mukabari k’uwitwa Papa Willy banywa kandi bitemewe. Amakuru avuga ko abafashwe ari batandatu mu gihe abandi birutse.

Abanywaga, hafi ya bose ngo nta n’udupfukamunwa bari bambaye, ababishoboye birutse, abandi bahita bafatwa na Polisi, abatabashije gucika batwarwa na Pandagari bakaba baraye mukasho muri Sitasiyo ya Polisi ya Runda ari nayo ireberera uyu Murenge wa Rugalika.

Kuri Mudugudu, amakuru amwe agera ku intyoza.com ni uko we atasanganywe icupa, ahubwo kimwe mubyo ashobora kuba yazize ari ukuba nk’umuyobozi ntacyo yakoze ku barimo banywa, banyuranya n’amabwiriza kandi aziko bitemewe, bityo akaba nk’umuyobozi agomba kubazwa uruhare rwe mu kubahirisha gahunda n’ingamba za Leta mu kwirinda Covid-19.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kigese, Mafubo Marie Rose, mu ma saa mbiri z’iki gitondo cya Tariki 04 Kamena 2020, ubwo yabazwaga na intyoza.com niba aya makuru ari impamo, kubyemera no kubihakana byamubereye ihurizo, avuga ko atabizi, ariko nyuma avuga ko yabyumvise ari mu nzira ajyayo, ko ngo bashobora kuba bafatiwe mu kabari k’uwitwa Papa Willy( Umuntu utabizi akamenya akabari bafatiwemo)?.

Umugiraneza Marthe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika we yabwiye umunyamakuru ko ayo makuru atayazi, ko ndetse Telefone ye ya Whatsapp yazindutse ifite ikibazo ku buryo atabona ibyanditswe. Avuga ko niba byabaye batabimubwiye, ko ahubwo agiye kubaza.

Muri ibi bihe by’icyorezo cya Covid-19, amabwiriza yashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri abuza utubari gufungura ndetse n’amahuriro y’abantu benshi guterana uretse mu isoko nabwo basabwa guhana intera nibura ya metero imwe nubwo ahenshi nabyo bitubahirizwa. Agapfukamunwa byo ni itegeko ariko hari benshi bakigaragara bagakerensa nyamara ni mu nyungu z’ubuzima bwabo.

Photo/archive-Theo

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Mbega says:
    June 4, 2020 at 7:43 am

    Mbega

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga