• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Twiteguye neza, abashaka guhungabanya umutekano ntibazabigeraho-IGP Dan Munyuza

Umwanditsi
November 16, 2018

Mu kiganiro cyahuje Polisi y’Igihugu n’itangazamakuru ku gicamunsi cy’uyu wa gatanu Tariki 16 Ugushyingo 2018, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza, yahamije ko abarotera ku mbuga nkoranyambaga amanywa n’ijoro ko bashobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda, bari mu nzozi batazageraho.

Mu mvugo ye adaciye ku ruhande, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Munyuza yagize ati ” Icyo nabwira bagenzi banjye hano, harimo n’abanyamakuru ni uko abifuza guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu muri iyi minsi aho bari turahazi, icyo batekereza turakizi, nabizeza mwese ko nta washaka guhungabanya umutekano w’Igihigu cyacu ubungubu ngo abigereho.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi yakomeje agira ati” Ni intambara barwanira kuri internet ( murandasi) n’imbuga nkoranyambaga zitandukanye, ariko uko bimeze abo bafite ibyo byifuzo byo guhungabanya umutekano, usanga ari urusaku gusa n’ibindi wakwita ko ari inzozi. Umuntu ntabwo wamubuza kurota kumanywa cyangwa n’ijoro, ariko mu by’ukuri ni ukurota ntacyo bashobora kugeraho, ibyo byo turabizi neza.”

IGP Dan Munyuza, yahamagariye aba barota kuba bahungabanya umutekano w’Abanyarwanda, ko aho gukomeza kurota inzozi badateze kugera ho babireka, ahubwo bakaza bagafatanya n’abandi banyarwanda kugeza umutekano ushimishije ku banyarwanda, igihugu kigakomeza gutera imbere.

Muri iki kiganiro, abanyamakuru basabwe by’umwihariko gukomeza ubufatanye na Polisi mu rwego rwo gukomeza kurwanya ibyaha bitandukanye birimo ibyugarije urubyiruko cyane nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, gusambanya abana n’ibindi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Rukundo says:
    November 16, 2018 at 3:04 pm

    Ibi umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yavuze ndemeranya nawe rwose, abo bibwira ko bahungabanya umutekano w’igihugu cyacu baribeshya kuko abanyarwanda twese tuzi amateka mabi twanyuzemo, niyompamvu ntawuzongera kuduca mu rihumye.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga