• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Twafashe ibintu 6 mu ntara y’amajyepfo turavuga ngo “Bashoramari mwe” ni muze- Guverineri Gasana

Umwanditsi
January 14, 2019

Mu rwego rwo kureshya abashoramari, kwihutisha iterambere no guteza imbere intara y’amajyepfo, umuyobozi w’iyi ntara CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko hari inkingi z’amahirwe 6 z’ingenzi yashyizwe ahagaragara mu kureshya abashoramari kandi ngo umusaruro watangiye kugaragara.

CG Emmanuel K. Gasana, Guverineri w’intara y’amajyepfo atangaza ko intara ayoboye yamaze gutangira ibikorwa byo kureshya abashoramari ngo baze mu mahirwe akubiye mu nkingi 6 bashobora gushoramo imari, bityo ubukungu bw’iyi ntara bukarushaho kuzamuka no gutengamara.

Avuga kuri izi nkingi cyangwa aya mahirwe 6, yagize ati” Amahirwe ahari mu ntara y’amajyepfo, twafashe ibintu 6 tubwira abashoramari ngo “ Bashoramari mwe ni muze!”, kandi batangiye kuza. Avuga ko mubo bamaze kunoganya gahunda hari 3 bamaze kwiyemeza gushora imari yabo, hakaba n’abandi bakinoza ibiganiro.

Avuga izi nkingi 6 muri ubu buryo; ati” Icya mbere ni Ubuhinzi bworozi kandi bwa kijyambere, bujyanye n’iterambere kandi butanga umusaruro. Icya kabiri ni Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Hose mu ntara amabuye y’agaciro arahari, n’utayafite afite Nyiramugengeri. Icya gatatu ni Ubukerarugendo, kuva ku Ijuru rya Kamonyi ukagenda ukagera muri Nyaruguru-Nyungwe, burya hari n’inyamaswa ihari iboneka ahantu hake ku Isi, yabonetse muri ino minsi ishize, hari byinshi bibereye ubukerarugendo, dufite ubukerarugendo.”

Akomeza kuri izi nkingi z’aya mahirwe 6 aboneka mu ntara y’amajyepfo, amahirwe cyangwa inkingi ya kane nayo ikomeye ni; Uburezi, aha hantu harakomeye cyane kuko dufite ibigo by’amashuri byinshi, dufite amashuri makuru, turagira ngo rwose gusigasira igicumbi cy’umuco bibe aho ngaho. Ikindi cyangwa inking ya gatanu ni; Ingufu( Energy), ziva ku mashanyarazi n’amazi, aha naho ni igice kinini cyane kirimo za Nyiramugengeri, kirimo imigezi yacu. Icyanyuma ni; Gutanga Serivisi neza ( Service), gutanga Serivice neza bituma ibihugu bikira, ucuruza Koka ngacuruza Koka, kuki ugira abakiriya njyewe si mbagire…? Aho niho biba bikomeye cyane.”

CG Emmanuel K. Gasana, avuga ko n’ubwo imitangire ya Serivise inoze ari imwe mu nkingi ikomeye ubuyobozi bukuru bw’Igihugu bushyize imbere, Intara y’amajyepfo nayo ngo ni imwe mu ntego( Devise) ishyize imbere mu kureshya abashoramari kandi ngo nta mikino.

Umuyobozi w’intara y’amajyepfo, atangaza ko izi nkingi uko ari 6 nta kabuza zigomba kugerwaho ndetse zikihutisha iterambere ry’intara. Avuga kandi ko muri iyi gahunda buri wese asabwa kubyitwaramo neza, ko ndetse intara yamaze kubyinjiramo cyane ikanabisinyira, ikaba yarashatse abajyanama 22 b’impuguke bo gufasha mu kureshya abashoramari no kugira ubuyobozi inama hagamijwe kugera ku ntego z’ibi bikorwa. Avuga ko hari abashoramari batatu bamaze kwiyemeza kuza gushora imari.

Aya mahirwe akubiye mu nkingi 6 intara y’amajyepfo ishyize imbere mu kuzamura ubukungu bwayo no kureshya abashoramari, CG Emmanuel K. Gasana Guverineri w’intara yayatangaje kuwa 11 Mutarama 2019 ubwo yagiranaga inama n’abacukuzi b’abamuye y’agaciro bakorera mu turere twa Kamonyi, Muhanga na Ruhango. Yabasabye nabo kutirara ngo barangare kuko hari abiteguye kwinjira muri izi nkingi bagashora imari bagamije kuzamura umusaruro n’ubukungu nta gukina no kwirara.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga