• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Padiri ukekwaho kwijandika mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge yasutse Aside kuba Senyeri

Umwanditsi
June 24, 2021

Padiri Athens, yatawe muri yombi mu murwa mukuru w’Ubugiriki Anthens/Athenes nyuma yo gutera aside Abasenyeri barindwi bo mu idini ry’aba Orthodox, nkuko Polisi y’iki gihugu ibitangaza. Bivugwa ko aba Basenyeri barimo kwiga uko bafata icyemezo cyo kumwirukana kubera kumushinja kuba mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, uyu Padiri w’imyaka 36 y’amavuko ibi ngo byabaye ubwo yarimo abazwa n’urwego rushinzwe imyitwarire kuri uyu wa Gatatu, nkuko bikomeza bivugwa na Polisi y’iki Gihugu.

Abasenyeri batatu mu bakomerekejwe n’iyi Aside barimo kuvurirwa mu bitaro kubera ubushye batewe n’iyi Aside, aho bahiye mu maso. Umupolisi wirutse ajya gutabara nawe ari mu bitaro.

Uyu Padiri ushinjwa gukora ubu bugome, ashobora kwirukanwa muri iryo dini yabarizwagamo, ashinjwa ko afite uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge, nkuko byandikwa n’ibiro ntaramakuru ANA.

Ibinyamakuru byo muri iki gihugu bitangaza ko aba Basenyeri bari bateranye kugira ngo baganire uburyo bakwirukana uyu Padiri, bakamwambura Ubupadiri nyuma y’aho bivugiwe ko mu kwezi kwa Gatandatu kwa 2018 yafatanywe amagarama 1,8 y’Urumogi.

Ikinyamakuru Ta Nea kivuga ko uyu Padiri yinjiye mu kigo cy’Abihaye Imana cya Petraki kiri i Anthenes agiye kubazwa, aho ngo yinjiranye “Icupa rinini ririmo iyo Aside”. Umuzamu yashoboye gufata uyu Padiri ageze ku irembo ry’icyo Kigo ariko nawe yamusutseho iyo Aside, nawe yahise ajyanwa mu bitaro.

Umukuru w’Igihugu cy’Ubugiriki, Katerina Sakellaropoulou yamaganye icyo gitero cyakozwe na padiri, mu gihe Minisitiri w’Intebe Kyriakos Mitsotakis yavuganye n’uyoboye iyo Kiliziya mu Bugiriki, Musenyeri mukuru wa Anthenes, Ieronymos II, akamubwira ko ababajwe cyane n’iki gitero, aho yamwijeje ko Leta izakora uko ishoboye mu kuvura abakomeretse kugira ngo bakire byihuse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga