• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Afunze amezi 18 azira gukorera iyicarubozo umwana we ngo yasomanye

Umwanditsi
January 8, 2017

Umugabo w’imyaka 31 y’amavuko, urukiko rwo mu bufaransa i Valence rwamukatiye igifungo cy’amezi 18 harimo atandatu asubitse azira gutwika umwana we w’umuhungu wasomanye n’umwana w’umukobwa w’inshuti z’umuryango.

Umugabo w’imyaka 31 mu gihugu cy’ubufaransa yakatiwe n’urukiko rw’ i Valence igifungo cy’amezi 18 harimo amezi atandatu asubitse azira gutwika ahantu hatandukanye ku mubiri w’umwana we w’umuhunguwe wari wamusuye.

Iki gikorwa cy’iyicarubozo uyu mubyeyi gito yakoreye umwana we w’umuhungu w’imyaka 7 y’amavuko, cyabaye ubwo umwana yamusuraga yoherejwe na mama we babana aje mu cyumweru cyambere cy’ibiruhuko.

Uyu mubyeyi w’umu papa, atwika umwana we w’umuhungu, ngo cyari igihano amuhaye amuziza ko ngo yasomanye k’umunwa n’umwana w’umukobwa w’inshuti z’umuryango.

Akorera iyicarubozo uyu mwana we, nkuko ledauphine.com dukesha iyi nkuru ibivuga ngo yakoresheje ikiyiko gito yashyuhije hanyuma ngo kimaze gushyuha cyane agenda atwika umwana we ahantu hatandukanye k’umubiri harimo ku rurimi, ku mitwe y’intoki n’ahandi.

Ubwo umwana yasubiraga kwa mama we, papa we yari yamwihanangirije ko atagomba kubibwira mama we ariko birangira Mama abivumbuye ari nabwo yamujyanaga kwa muganga nyuma umugabo nibwo yakurikiranwe, arafatwa ashyikirizwa urukiko rw’i Valence, rumukanira urumukwiye aho ndetse rwanamukuyeho uburenganzira yari afite ku mwana.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga