• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Musanze: Mu nteko z’abaturage, bakanguriwe kurwanya amakimbirane mu miryango

Umwanditsi
September 13, 2018

Kuri uyu wa 11 Nzeri 2018  Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Musanze ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru, basuye inteko z’abaturage bo mu mirenge ya Cyuve na Kinigi yose yo mu karere ka Musanze.

Muri ibi biganiro abayobozi basabye abaturage kurwanya ikintu cyose cyateza amakimbirane mu miryango, yaba yanabaye bakihutira kuyacyemura nta muturage uyaguyemo cyangwa ngo ayakomerekeremo.

Mu Murenge wa Cyuve ibi biganiro byari byitabiriwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Musanze SP Patrick Butera ndetse n’umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney.

Guverineri Gatabazi, yasabye abaturage kujya baharanira kurwanya icyatuma mu miryango hagaragaramo amakimbirane. Yagaragaje ko akenshi amakimbirane mu miryango akunze guturuka ku kutumvikana ku mikoresherezwe y’imitungo, abasaba kujya babana mu buryo bwemewe n’amategeko kandi bakimakaza umuco nyarwanda.

Yagize ati“Akenshi amakimbirane mu miryango aturuka ku mitungo y’umuryango, turabasaba kujya mubanza gusezerana imbere y’amategeko kandi mugire urukundo mu miryango.”

Yakomeje asaba abaturage n’abayobozi ku nzego z’ibanze kujya bihutira ku menya imiryango ifitanye ibibazo, bigakemrwa nta muntu urabisigamo ubuzima.

Ati“ Turasaba ko guhera mu midugudu mwazajya mumenya imiryango ifitanye ibibazo mubikemure hakiri kare, ibibananiye mubigeze kuzindi nzego zisumbuye ariko nti hazagire umuntu wica undi cyangwa ngo amukomeretse.”

Mu kiganiro cyatanzwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Musanze, Superitendent of Police (SP) Patrick Butera yasabye abaturage kurwanya ibiyobyabwenge kuko nabyo bikunze kuba intandaro y’amakimbirane mu miryango.

Yagize ati:”Uyu murenge wa Cyuve ni inzira icishwamo ibiyobyabwenge, turabasaba kugira uruhare mu kubirwanya mutanga amakuru y’abantu babicuruza n’ababikoresha.”

Mbere yo gusoza inama, abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo banatanga ibitekere, bagaragaje ko bishimiye kuba abayobozi bafashe umwanya bakabaganiriza ku ngingo zibafasha kubaho neza.

Abaturage, biyemeje ko bagiye gushyira mu bikorwa inama zose bagiriwe, biyemeza kujya batangira amakuru ku gihe ku kintu cyose cyashaka guhungabanya umutekano w’igihugu .

Kuri uyu munsi kandi, ibiganiro nk’ibi  byanabereye mu murenge wa Kinigi mu kagari ka Nyabigoma mu mudugudu wa Nyakikina. Umuyobozi wa Polisi mu murenge wa Kinigi Assistant Inspector of Police (AIP) Jean Pierre Karegeya akaba yarasabye abaturage  kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge ahubwo bakagira uruhare mu kubirwanya  byo ntandaro y’ibindi byaha byose.

AIP Karegeya, yasabye abaturage gukomeza ubufatanye n’inzego z’umutekano mu kurwanya ibyaha batangira amakuru ku gihe. Abaturage banakanguriwe kwitabira gahunda za leta nko gutanga umusanzu w’ubwisungane mu buzima ndetse n’izindi gahunda ibagenera zigamije kubateza imbere mu mibereho yabo ya buri munsi.

 Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga