• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ibikorwa bihuriza abantu hamwe, kimwe n’abajya gusenga mu buryo bwose byahagaritswe

Umwanditsi
March 14, 2020

Nyuma y’aho kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2020 hatangarijwe ko mu Rwanda habonetse umurwayi wa Corona Virus( COVID-19), Leta y’u Rwanda yahise isaba ko ibikorwa byose bihuza abantu benshi harimo no gusenga biba bihagaritswe.

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Dr Ngamije Daniel, yavuze ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byose bihuza abantu benshi birimo n’amateraniro y’abahura bagamije gusenga mu buryo butandukanye mu madini n’amatorero. Ibi bigomba gukorwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri kugira ngo harebwe aho ibintu bigana.

Mu kiganiro yagiranye na igihe.com dukesha iyi nkuru, yagize ati “ Niwo mwanzuro guverinoma yafashe, abantu bakoreshe ubundi buryo, bigishirize ku maradiyo, ariko muri ibi byumweru bibiri twirinde guhura nk’uko twajyaga duhura, kubera ko hari ibyago byinshi cyane ko abantu bakwandura ari benshi.”

Minisitiri w’ubuzima, Dr Ngamije avuga ku mpamvu y’iki cyemezo yagize ati“Amateraniro ahagaritswe kugira ngo twirinde ikwirakwira ry’indwara, kuko ntabwo tuzi abantu bose uriya muntu yahuye nabo, bose ntituzabasha kubamenya. Hashobora kuba hari n’undi uri ahongaho utaragaragaza ibimenyetso ariko uri kwanduza abantu, birashoboka. Amasomo twavanye muri iki cyorezo kuri iki cyorezo, hari icyo agomba kutumarira.”

Iki cyemezo cyo gusaba ko ibikorwa bihuza abantu benshi bihagarikwa, kije nyuma y’uko mu Rwanda hatangajwe ko hari Umuhinde wayigaragaweho. Uyu kandi kimwe n’umuryango we bahise bashyirwa mukato. Ibyo kubuza abantu guhurira hamwe kandi byahise bitangira gushyirwa mu bikorwa kuva kuri uyu wa gatandatu aho ishyirahamwe ry’umukino w’umupira w’amaguru-FERWAFA ryahise ritegeka ko nta bafana bemerewe kwinjira ahabera ibikorwa byose by’imikino itegurwa n’iri shyirahamwe.

Photo/iyobokamana.com

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga