• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
17/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
17/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
17/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Mugihe cy’iminsi igera ku 8, imihanda imwe n’imwe ya Kigali irafunze kuri bamwe

Umwanditsi
July 10, 2016

Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali, bashyizeho imihanda izifashishwa mu gihe cy’inama y’umuryango wa Afurika(AU Summit).

Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali bashyizeho imihanda izifashishwa muri iki gihe  cy’inama ya 27 y’uwo muryango izatangira  kuri iki cyumweru tariki ya 10 Nyakanga 2016 kuko hari imihanda yafunzwe mu rwego rwo kugira ngo abakoresha umuhanda boroherezwe kandi ho kubaho umubyigano.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa ,  yavuze ko iyo gahunda nshya yashyizweho kugirango imodoka zose zacaga mu ihuriro ry’imihanda rya Kimihurura (Aho bakunze kwita KBC) ziyoborwe mu mihanda yindi ihakikije kugira ngo bitabangamira imigendekere myiza y’inama igomba kubera kuri  Kigali Convention Center ndetse n’inzira abashyitsi bazacamo bayijemo (Kanombe-Giporoso).

ACP Twahirwa yagize ati:” imihanda yose igera mu ihuriro ry’imihanda rya Kimihurura hafi ya Kigali  Convention Center yose irafunze. Abaturutse ku Kabindi berekeza Kisementi barakoresha umuhanda uva ku Kabindi ugaca munsi ya KBC ugakomeza imbere ya Ambasade y’Abaholandi ugahinguka ku masangano y’imihanda mashya yahashyizwe bagakomeza umuhanda mushya ubageza kuri Ministeri y’Ubutabera’’.

Naho abava ku bitaro bya Gisirikari bya Kanombe berekeza Giporoso, barakoresha umuhanda mushya washyizwe munsi y’ikibuga mpuzamahanga cya Kigali binjiriye ku Gasaraba bagahinguka hafi yo ku Cyamitsingi, cyo kimwe n’abava ku Giporoso bajya i Kanombe ku bitaro nabo bari bukoreshe uwo muhanda mushya.

Abashaka kujya ku kibuga cy’indege nabo bakoresha uwo muhanda mushya, bagera ku ihuriro ry’imihanda ryashyizwe ahateganye na MAGERWA bakazamukira aho bagahingukamo.

ACP Twahirwa yagize ati:” Aho hose twavuze habaye impinduka hari abapolisi bashinzwe kuyobora abakoresha umuhanda”.

Umuvugizi wa Polisi, aragira inama gukoresha indi mihanda isanzwe yorohereza cyane cyane abatwara ibinyabiziga nk’uwa Kabeza-Niboye-Rwandex, kimwe n’uhinguka kuri RDB uciye munsi ya Stade Amahoro I Remera ndetse n’uwa Kibagabaga-Gacuriro-Utexrwa-Kinamba.

Umutekano

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kandi akomeza avuga ko Polisi yiteguye bihagije akaba yizeza abanyarwanda umutekano usesuye mu gihe cyose cy’iyi nama.

ACP Twahirwa yagize ati:”Imitwe yose ya Polisi y’u Rwanda yaba ushinzwe kubungabunga ituze rya rubanda, ushinzwe umutekano wo mu muhanda, ushinzwe kurwanya inkongi z’umuriro ndetse n’indi yiteguye bihagije ngo iburizemo icyashaka kubuza imigendekere myiza y’iyi nama nk’uko byagenze muzayibanjirije”.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda.

Munyaneza Theogene / Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga